Inkuru Nyamukuru

Kigali: Abantu 300 bishyuriwe mituweri ngo hehe no kurembera iwabo

todayJuly 17, 2020 26

Background
share close

Abaturage 300 batishoboye bo mu kagari ka Nyabugogo, umurenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge, bishimira kuba barishyuriwe ubwisungane mu kwivuza kuko ngo bumvaga ntaho bazakura amafaranga yo kwiyishyurira.

Ni igikorwa cyabaye ku wa gatatu tariki 15 Nyakaganga 2020, aho itorero Rwanda Legacy of Hope ryatanze Sheki y’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 900 yahise ishyikirizwa ubuyobozi bw’akagari ka Nyabugogo.

Uretse icyo gikorwa, Rwanda Legacy of Hope kuva muri 2012, ifasha igihugu mu by’uburezi n’ubuvuzi, aho buri mwaka izana abaganga b’inzobere mu ndwara zitandukanye ziba zarananiranye, hakibandwa ku buvuzi bwo kubaga umutwe, amagufa, inzira z’ubuhumekero n’ibindi, kandi bigakorwa ku buntu.

Umva inkuru irambuye hano:

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

ABAKURIYE AMADINI N’AMATORERO BAKIRANYE UBWUZU ICYEMEZO CYO KONGERA GUFUNGURA INSENGERO

Nyuma y’aho inama y’abaminisitiri yateranye ku wa gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 yemeje ko insengero zongera gufungura, abakuriye amadini n’amatorero bo mu Intara y’Amajyaruguru bishimiye uyu mwanzuro, baboneraho no kwizeza abanyarwanda ko biteguye kubahiriza amabwiriza yo kurinda abazisengeramo ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19. Itangazo ry’ibyemezo ry’inama y’Abaminisitiri rishimangira ko n’ubwo insengero zemerewe gukora uburenganzira bwo gufungura buzajya butangwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze zimaze kugenzura ko hubahirijwe amabwiriza ya Minisiteri y’ubuzima. Abakuriye amadini […]

todayJuly 16, 2020 29 1

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%