Inkuru Nyamukuru

Urukiko rwo mu Bufaransa rwemeje ko Kabuga Felicien ashyikirizwa Urukiko Mpuzamahanga

todaySeptember 30, 2020 18

Background
share close

Urukiko Rusesa imanza rwa Paris rwategetse ko Kabuga Félicien yohererezwa Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, (IRMCT) rukaba ari rwo rumuburanisha.

Uyu mwanzuro watangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Nzeri 2020, nyuma y’uko Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwari ruherutse kwemeza ko yohererezwa Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, (IRMCT) rukorera Arusha muri Tanzania, ariko Kabuga n’abamwunganira mu mategeko bahise bajurira bavuga ko akwiye kuburanira mu Bufaransa, kubera ubuzima bwe butameze neza.

Nyuma y’uyu mwanzuro, ubufaransa bukaba bufite igihe cy’ukwezi kugira ngo bube bwohereje Kabuga muri IRMCT
Mu kwezi gushize kwa Kanama, Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasigaranye imirimo y’icyari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT), Serge Brammertz, yari yavuze ko Kabuga Félicien ashobora koherezwa i Arusha muri uku kwezi kwa Nzeri cyangwa mu Kwakira 2020.

Tariki 16 Gicurasi 2020, ni bwo Kabuga ushinjwa gutera inkunga ikomeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, yafatiwe mu nkengero z’Umujyi wa Paris mu Bufaransa.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%