Inkuru Nyamukuru

Ambasaderi Nkulikiyimfura yashyikirije Perezida Macron impapuro zo guhagararira u Rwanda mu Bufaransa

todayJuly 26, 2022 106

Background
share close

Kuri uyu wa mbere tariki 25 Nyakanga 2022, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, François Nkulikiyimfura yashyikirije Perezida Emmanuel Macron, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Bufaransa.

Mu butumwa yacishije kuri Twitter, Ambasaderi Nkulikiyimfura yavuze ko ari iby’icyubahiro gihambaye gushyikiriza Perezida Macron impapuro zo guhagararira u Rwanda.

Yagize ati: ” Ni ibyicyubahiro gikomeye cyane no kugeza kuri Nyakubahwa Perezida Emmanuel Macron, ibyangombwa binyemerera kuba Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika y’Ubufaransa.”

Amb. Nkulikiyimfura Kandi yari aherutse gushyikiriza umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, Louise Mushikiwabo impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri uwo muryang (OIF).

Amb. François Nkulikiyimfura muri Mata uyu mwaka, mu nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame nibwo yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa aho yaravuye guhagararira u Rwanda muri Qatar.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Umukozi wo mu rugo ushinjwa kwica umwana w’aho yakoraga yakatiwe burundu

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rwakatiye igifungo cya burundu, Nyirangiruwonsanga Solange, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica ku bushake umwana yareraga witwa Rudasingwa Ihirwe Davis w'imyaka 9. Ni umwanzuro wafashwe kuri uyu wa mbere tariki 25 Nyakanga 2022. Aho uyu mugore w'imyaka 37, wari umukozi wo mu rugo yaburanishirijwe aho yakoreye icyaha mu mudugudu wa Karubibi Akagali ka Cyaruzinge umurenge wa Ndera, mu karere ka Gasabo. Nk’uko umucamanza waburanishaga uru rubanza […]

todayJuly 25, 2022 164

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%