Ministeri y’Ibidukikije yatangaje ko hari ibindi bishanga 5 bigiye gutunganywa kugira ngo Umujyi wa Kigali ukomeze kugira isura nziza ariko irengera ibidukikije ari na ko abantu barushaho kugira ahantu henshi ho kuruhukira.
Ibi bikubiye muri gahunda yo kwita no gutunganya ibishanga mu Mujyi wa Kigali yiswe Kigali Wetland master plan, aho biteganijwe ko ibishanga 5 muri 36 biri mu Mujyi wa Kigali bigiye gutunganywa mu gihe cya vuba.
Ni mu rwego rwo kugirango urusobe rw’ibinyabuzima birimo bizabashe gusubirana nk’uko Minisitiri w’Ibidukikije Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yabisobanuriye RBA.
Yagize ati: “Ubwo Nyandungu isojwe hakurikiyeho gutunganya igishanga cya Gikondo kuko twabonye ko bishoboka gusubiranya ibishanga byacu no kubana neza n’ibinyabuzima birimo, Nyandungu yatweretse ko byashoboka, ko igishanga atari ikimpoteri.”
Post comments (0)