Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asobanura ko Demokarasi ari imiyoborere ndetse ikaba amahitamo y’abaturage ba buri gihugu, kubera iyo mpamvu Abanyarwanda bakaba ari bo bagomba kwihitiramo batagendeye kuri Demokarasi y’ahandi.
Ibi yabisobanuriye Umuryango w’Abayobozi bakiri bato bo hirya no hino ku Isi (Young Presidents’ Organisation/YPO), ubwo yawakiraga ku wa Gatatu tariki 03 Kanama 2022 muri Village Urugwiro.
Iryo tsinda ryari rigizwe n’abantu 26 bakaba ari ba rwiyemezamirimo bakiri bato mu bihugu bakomokamo, ryaje mu Rwanda mu rugendo rwiswe ‘Once in a lifetime bucket list’, rugamije guhura n’abayobozi b’ibihugu n’inzego zitandukanye byo ku Isi.
Perezida Kagame yabakiriye abaganiriza ku ngingo irebana n’uburyo yumva Demokarasi, by’umwihariko Demokarasi ikwiriye Abanyarwanda kandi ko bakwiye kuyikomeraho.
Perezida Kagame avuga ko Demokarasi ayibona nk’imiyoborere, ’kandi ni imiyoborere koko’, ikaba isobanura imiyoborere n’amahitamo y’abaturage, bakaba ari bo ngo bahitamo icyo bifuza n’icyo bikorera ubwabo.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, yatangaje ko u Rwanda rwishimiye kwakira Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken, uzarusura mu cyumweru gitaha. Antony Blinken utegerejwe mu Rwanda Itangazo iyi Minisiteri yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kane tariki 04 Kanama 2022, rivuga ko urwo ruzinduko rwa Blinken mu Rwanda, ruzarushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi. Rigira riti “Dutegereje kurushaho gushimangira umubano hagati y’u Rwanda na Amerika, no kuganira […]
Post comments (0)