Imodoka itwara abagenzi ya Coaster yakoze impanuka mu masaha ya nyuma ya saa sita. Ababibonye bavuga ko impanuka yatewe n’umuvuduko mwinshi, ikaba yabereye hafi y’ahaheruka kubera impanuka y’imodoka ya Rubis itwara lisansi yari yagonganye na Coaster ya Virunga igahitana abantu mu cyumweru gishize.
Ababonye iyi mpanuka babwiye Kigali Today ko Coaster yamanukaga ijya mu mujyi wa Gisenyi yari ifite umuvuduko mwinshi ihura n’ikamyo izamuka, umushoferi ahitamo kuyegeka haruguru y’umuhanda.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yabwiye Kigali Today ko impanuka yabaye ariko ntawe yahitanye naho abakomeretse bajyanywe mu bitaro bya Gisenyi.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi CSP, Dr Tuganeyezu Ernest, yabwiye Kigali Today ko impanuka yabaye ntawe yahitanye ko n’abakomeretse bavuwe ndetse bagataha.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, ku wa Gatanu, tariki ya 5 Kanama, yitabiriye umuhango ngarukamwaka wo kwizihiza umunsi wahariwe Polisi yo mu bwami bwa Eswatini, wabereye mu ishuri rya Matsapha Police college riherereye mu mujyi wa Manzini. Ni umuhango IGP Dan Munyuza yitabiriye ku butumire bwa mugenzi we wo mu bwami bwa Eswatini; National Commissioner of Police, Tsitsibala William Dlamini, wo kwizihiza imyaka 115 ishize Polisi ya […]
Post comments (0)