Ubwo bwato bwahagurutse buvuye ku cyambu cya Ukraine cy’i Yuzhne, mu burasirazuba bw’umujyi wa Odesa, bukaba buteganyijwe ko bugera muri Djibouti, aho izo ngano zizapakururirwa zibone koherezwa muri Etiyopiya zijyanywe n’ishami rya UN ryita ku biribwa, PAM.
Ukraine n’Uburusiya basinye amasezerano yari ahagarariwe na Turukiya hamwe na UN mu byumweru bitatu bishize. Ni amasezerano yari agamije kongera gufungura umuhora wo mu Nyanja y’umukara w’amato atwara ingano mu bice bitandukanye by’isi.
Etiyopiya ni kimwe mu bihugu bitanu UN ibona ko byugarijwe bikomeye n’inzara.
Gusa kurundi ruhande, gutana mu mitwe hagati y’ingabo za Ukraine n’iz’Uburusiya hafi y’uruganda rwa Nikleyeri rwitwa Zaporizhzhia birakomeje. Ukraine irashinja Uburusiya ko bukomeje kugaba ibitero bya rokete kuri urwo ruganda, yongera no kuvuga ko ibyo bitero bishobora gutera ingorane zikomeye zitewe n’ubumara bwa Nikleyeri.
Prezida wa Ukraine yabwiye Uburusiya ko abasirikare be biteguye guhangana n’ab’Uburusiya, ndetse anemeza ko barimo kugaba ibitero hafi y’uruganda rwa Zaporizhzhia. Ku rundi ruhande ariko, Uburusiya ahubwo burashinja Ukraine ko ari yo iri kurasa kuri uru ruganda kuko ariyo iri hafi yarwo. Uburusiya bwigaruriye uruganda rwa Zaporizhzhia mu kwezi kwa gatatu, hashize iminsi mike cyane butangiye ibitero muri Ukraine.
Post comments (0)