Abatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Busanza bahuguwe ku kurwanya inkongi
Polisi y'u Rwanda, ishami rishinzwe kuzimya inkongi n'ubutabazi (Fire and Rescue Brigade) ryahuguye abagera kuri 200 batujwe mu mudugudu w'icyitegererezo wa Busanza, Akagari ka Karama mu murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro. Ubwo yatangaga aya mahugurwa, ku wa mbere tariki 19 Nzeri, Inspector of Police (IP) Boniface Runyange yabasobanuriye inkomoko y'inkongi n'uko zishobora kwaduka aho batuye cyane izitezwa n'imikoreshereze y'amashanyarazi ndetse na gaze zikoreshwa mu guteka n'uburyo bakwirwanaho bakazizimya […]
Post comments (0)