Inkuru Nyamukuru

Uwihoreye Jean Bosco (Ndimbati) yagizwe umwere

todaySeptember 29, 2022 159

Background
share close

Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ku cyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka 18 y’ubukure akanamuha ibisindisha.

Uwihoreye Jean Bosco (Ndimbati)

Ndimbati mu rubanza yaburanye yemera ko uwo mukobwa babyaranye ariko atari umwana kandi atigeze amunywesha ibisindisha.

Bimwe mu bimenyetso Ndimbati yagaragaje birimo kumushinja ibinyoma, n’ibimenyetso bahimbye nk’ifishi y’ubuzima bw’umwana iriho Intara, Umudugudu n’icyiciro cy’Ubudehe kandi nyamara mu 2002 ibyo bitarabagaho.

Yagaraje kandi ko kuri iyi fishi hariho ko yakingiwe Hepatite B, kandi nyamara iyo ndwara yari itaratangira gukingirwa. Ikindi ni uko igaragaza ko yakingiwe urukingo rwa nyuma mu mwaka wa 2024 bivuze ko uyu mukobwa yaba yarakingiwe ataravuka.

N’ubwo yagaragaje ko hari ibimenyetso Ubushinjacyaha buvuga atari byo, Ndimbati yemera ko uwo mukobwa babyaranye ariko atari umwana kandi atigeze amunywesha ibisindisha.

Ndimbati yasobanuriye urukiko uburyo yasabye uwo mukobwa kudakuramo inda, ahubwo amusezeranya ko umwana uzavuka azamurera, ati “natangiye gufasha uwo mugore kuva akibimbwira.”

Ndimbati yari yasabye urukiko ko rwamurenganura agafungurwa kugira ngo akomeze yirerere abana be, kuko abemera akaba yarabandikishije mu gitabo cy’irangamimerere.

Me Bayisabe wunganiraga Ndimbati yishimiye ubutabera bwahawe umukiriya we kuko byagaragaraga ko ifungwa rye ririmo ibyo yise akagambane.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Kabuga yanze kwitabira urubanza rwe

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (UNIRMCT) kuri uyu wa Kane tariki 29 Nzeri 2022, rwatangiye kuburanisha mu mizi urubanza ubushinjacyaha buregamo umunyemari akaba ari na we wateguye Jenoside mu 1994 yakorewe abatutsi, Félicien Kabuga. Uru rubanza rwabaye adahari aho bivugwa ko Kabuga ameze neza ntakibazo afite, ariko yanze kwitabira iburanisha, cyangwa gukoresha ibikoresho by'ikoranabuhanga. Mu nama zabanjirije iburanisha, Kabuga yari yaratanze ikirego asaba ko itsinda ry'abamwunganira ryahinduka, […]

todaySeptember 29, 2022 134

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%