Inkuru Nyamukuru

Iherezo ribabaje rya Nkomeje Landouard waririmbye ‘Urwibutso rw’Umutoni’

todayOctober 12, 2022 96

Background
share close

Umuhanzi Nkomeje Landouard wanakoreraga Radiyo Rwanda (ORINFOR), yavukaga muri Komine Buringa, Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga.

Mukuru we witwa Uzabaho Thomas, avuga ko Nkomeje yavutse ku itariki 20 Mata 1960, yiga amashuri abanza ahitwa i Nyabitare, ayisumbuye mu Byimana mu cyiciro rusange n’Ishyogwe mu nderabarezi, arangije yigisha umwaka umwe aho yize amashuri abanza mbere yo kujya kwiga mu iseminari nkuru i Bunia muri Zaire (RDC), amarayo umwaka umwe akomereza mu Busuwisi.

Mu Busuwisi naho yizeyo imyaka ibiri gusa avayo atageze mu gipadiri ku mpamvu abo mu muryango we batabashije kumenya, ageze mu Rwanda ahita abona akazi k’ubunyamakuru kuri Radio Rwanda mu 1987, nyuma y’umwaka umwe (1988) aburirwa irengero burundu ku myaka 28 nk’uko bivugwa na mukuru we.

Uzabaho ati “Muri ORINFOR yari umutazi w’amakuru, ariko yahamaze umwaka umwe gusa, uwitwa Parmehutu Ladislas babanaga mu Cyahafi banakorana, aza kuntumaho ambwira ngo baramubuze, ngo nzaze gutwara ibintu bye. Mpageze bambwira ko yagiye ku kazi agenda nta kintu na kimwe ajyanye usibye ibyo yari yambaye.”

Uzabaho akomeza agirati “Hari mu 1988 ariko sinibuka ukwezi…hashize umwaka umwe ni bwo kuri ORINFOR batwoherereje ibaruwa batubwira ko bamusezereye ku kazi kuko ngo yakikuyeho, umuntu tumubura dutyo na n’ubu urwo rwandiko ndacyarubitse. Dukeka ko ashobora kuba yararigishijwe akamburwa ubuzima ahorwa aho yakomokaga, kuko kera uturere abantu baratuziraga.”

Uzabaho avuga ko bakomeje gukurikirana iby’umuvandimwe we bakomeza kubaza no ku kazi ariko babura ubafasha, ababyeyi be barinda bapfana agahinda ko kutamenya irengero ry’umwana wabo, kuko nta n’umurambo babonye.

Nkomeje Landouard yigishijwe gucuranga n’abahanzi nka Bigaruka Hubert na Kabengera Gabriel akiri mu mashuri yisumbuye. Mu ndirimbo ze zamenyekanye cyane harimo ‘Urwibutso rw’Umutoni’, ‘Nimumpanure’ n’Amayira ajya iwabo’.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Pulasitiki zisohoka mu mijyi ya Bukavu na Goma zibangamira ingomero z’amashanyarazi

Ubuyobozi bw’ikigo cya SINELAC gitanga amashanyarazi mu bihugu bigize umuryango wa CEPGL butangaza ko bukomeje guhura n’ihurizo ry’amasashi na pulasitiki bisohoka mu mazi y’ikiyaga cya Kivu hamwe n’ibisohoka mu mujyi wa Bukavu, aho bituma nibura urugomero rwa SINELAC rufunga amasaha abiri ku munsi aruhombya Megawatt (MW) zitari munsi ya 70. Imyanda ya pulasitiki ibuzwa kwinjira mu rugomero ngo itica imashini Ni amafaranga atari makeya uyabariye mu mafaranga yishyurwa umuriro hagendewe […]

todayOctober 12, 2022 126

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%