Shabana Basij-Rasikh washinze Ishuri ry’Abanya-Afghanistan ryigisha Imiyoborere, SOLA, ubwo yagezaga ikiganiro ku ihuriro ry’abagore muri Commonwealth, yabasangije ubuzima bubi abana b’abakobwa babayeho mu gihugu cye bwo kuba ari bo bonyine ku Isi yose ’batemerewe kwiga’.
Mu kiganiro cyagarukaga ku ruhare rw’abagore mu miyoborere ku wa 20 Kamena 2022, Shabana Basij-Rasikh, yashimiye cyane u Rwanda kuba rwarabakiriye, bakabasha gukomeza amasomo mu gihe byari bimaze kugaragara ko kwiga bitagishoboka.
Shabana Basij-Rasikh, avuga ko kugira ngo aba bakobwa bagere mu Rwanda byagizwemo uruhare na Guverinoma ya Qatar, iya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’iy’u Rwanda.
SOLA yateganyaga ko abanyeshuri bazamara igihembwe kingana n’amezi atandatu mu Rwanda, bakazasubira muri Afghanistan ibintu byasubiye ku murongo.
Polisi y’ u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC) ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Nyarugenge, ku wa Mbere tariki ya 10 Ukwakira, ryafashe umugore wacuruzaga amavuta yo kwisiga yangiza uruhu azwi nka mukorogo. Karanganwa Jeanine ufite imyaka 40 y’amavuko yafatiwe mu Kagari ka Kiyovu, mu Murenge wa Nyarugenge afite amacupa 121 y’ubwoko butandukanye bw’amavuta ya mukorogo. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police […]
Post comments (0)