Ku wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022, i Paris mu Bufaransa, rutahizamu uhakomoka Karim Benzema ukinira Real Madrid yo muri Espagne, yegukanye igihembo cya Ballon d’Or ya 2022.
Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022
Karim Benzema w’imyaka 34 yegukanye iki gihembo, nyuma yo gutsinda abandi bakinnyi bari bahanganye mu gihe abamukurikiye ari Sadio Mane ukomoka muri Senegal ukinira Bayern Munich, wabaye uwa kabiri na Kevin De Bryune wa Manchester City wabaye uwa gatatu.
Mu mwaka w’imikino wa 2021-2022, Karim Benzema yafashije Real Madrid gutwara igikombe cya shampiyona muri Espagne na UEFA Champions League. Ku giti cye uyu mugabo wanatowe nk’umukinnyi mwiza ku mugabane w’i Burayi muri uyu mwaka w’imikino, yagize uruhare mu bitego 59, atsinda ibitego 44 agatanga imipira 15 yavuyemo ibitego byose, yakoze mu mikino 46 yakinnye mu marushanwa yose.
Karim Benzema yabaye umukinnyi wa gatanu ukomoka mu Bufaransa utwaye Ballon d’Or kuva yatangira gutangwa mu 1956, nyuma ya Raymond Kopa, Michel Platini wayitwaye inshuro eshatu, Jean Pierre Papin ndetse na Zinedine Zidane uheruka kuyitwara mu 1998.
Benzema kandi abaye umukinnyi wa mbere w’Umufaransa utwaye iki gihembo cyari kimaze imyaka 24 nta mukinnyi ukomoka muri iki gihugu ugitwara, by’umwihariko akaba Umufaransa wa mbere utwaye Ballon d’Or mu kinyejana cya 21 kirenzeho imyaka 22.
Messi na Cristiano Ronaldo:
Cristiano Ronaldo na Lionel Messi bombi babitse Ballon d’Or incuro 13 uziteranyije (Messi afite 7 mu gihe Ronaldo afite 6), aba bombi ariko uyu mwaka ntabwo byabahiriye kuko nka Lionel Messi bwa mbere kuva mu 2005, we uyu mwaka yabuze no ku rutonde rw’abakinnyi batoranyijwemo uwegukana iki gihembo.
Cristiano Ronaldo ku rundi ruhande we yagaragaye mu bakinnyi bahataniraga Ballon d’Or 2022, ariko na we yasize yanditse amateka mabi kuko yabonye umwanya wa 20 ukaba ari umwanya mubi agize, kuva yatangira kugaragara bahatanira iki gihembo mu 2004 ariwo mwanya wa kure agize mu myaka 18, aho umubi yari yaragize ari uwa 12 mu 2004 agitangira.
Sadio Mane yahawe igihembo Socrates
Ibindi bihembo byatanzwe:
Igihembo kizwi nka Kopa Trophy gihabwa umukinnyi mwiza ukiri muto, icya 2022 cyegukanywe na Pablo Martin Paez Gavira uzi nka Gavi ukinira ikipe ya FC Barcelone, watsinze abakinnyi nka Eduardo Camavinga wa Real Madrid wabaye uwa kabiri, ndetse na Jamal Musiala wa Bayern Munich wabaye uwa gatatu.
Rutahizamu wa FC Barcelona Robert Lewandowski, ni we wahawe igihembo cya rutahizamu mwiza w’umwaka wa 2022.
Ku wa Mbere, tariki ya 17 Ukwakira, mu ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda riherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, hatangijwe amahugurwa y’abarimu b’abapolisikazi ajyanye no kubungabunga amahoro mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye. Ni amahugurwa yateguwe ku bufatanye n’umutwe w’Ingabo n’abapolisi bo mu bihugu byo mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba washyiriweho gutabara aho rukomeye (EASF), igihugu cya Danemark ndetse na Norvège, azamara iminsi itanu yitabirwa n’abapolisi 24 batoranyijwe mu bihugu bitandatu […]
Post comments (0)