Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru y’amavuko

todayOctober 24, 2022 57

Background
share close

Perezida Paul Kagame yafashe umwanya ashimira abantu bose bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko ubwo yizihizaga imyaka 65 ishize abonye izuba. Ku Cyumweru tariki 23 Ukwakira nibwo Perezida Kagame yizihizaga isabukuru.

Perezida Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, yashimiye byimazeyo abantu bamwoherereje ubutumwa bamwifurije isabukuru nziza.

Yongeraho agira ati: “Nabashije kugera ku ntsinzi kubera mwe no kuberako narindi kumwe namwe, aho natsinzwe byaturutse ku giti cyanjye, ntawe narenganya!!! Imigisha myinshi kuri mwe.”

Uretse abanyarwanda batandukanye boherereje Perezida Kagame ubutumwa bumwifuriza isabukuru nziza, Madamu Jeannette Kagame na Ange Kagame nabo bamwifurije isabukuru nziza.

Madamu Jeannette Kagame yagize ati “Buri gihe bimbera umugisha kwizihiza isabukuru yawe y’amavuko Paul Kagame, Isabukuru muyobozi mwiza, Umubyeyi, sekuru w’abuzukuru bacu, ukaba n’umugabo wanjye. Imyaka 65 ni intera ikomeye ugezeho (milestone). Sinzahwema kukuvuga ibigwi ku muryango twahawe, uri impano idasanzwe kuri twe twese!”

Ange Kagame we yavuze ko aterwa ishema n’uburyo Perezida Kagame ari sekuru mwiza ku bana be, yemeza ko ari inshingano akora neza nk’izindi zose asanganywe.

Perezida Paul Kagame na Jeannette Kagame babyaranye abana bane barimo umukobwa, na we wamaze kwibaruka, ndetse n’abahungu batatu.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Polisi igiye guteza cyamunara ibinyabiziga 590

Polisi y’u Rwanda igiye guteza cyamunara ibinyabiziga n’ibinyamitende byafatiwe mu turere 20 tw’u Rwanda, birimo imodoka 15, moto 496 n’amagare 79. Moto ni zo nyinshi mu bizatezwa cyamunara Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yatangarije Kigali Today ko cyamunara izabera aho ibinyabiziga biparitse ku cyicaro gikuru cya Polisi muri buri karere. Mu itangazo yashyize ahagaragara, rivuga ko Polisi y’u Rwanda imenyesha abantu bose ko hari ibinyabiziga byafatiwe […]

todayOctober 24, 2022 283

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%