Inkuru Nyamukuru

CGP Marizamunda yitabiriye Inama y’Ihuriro Mpuzamahanga kuri za Gereza no kugorora

todayOctober 27, 2022 102

Background
share close

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS, CGP Juvenal Marizamunda n’intumwa ayoboye, bari mu ruzinduko rw’iminsi 5 muri Amerika, aho bitabiriye inama y’ihuriro mpuzamahanga ry’amashyirahamwe ashinzwe amagereza (ICPA).

ICPA n’ihuriro mpuzamahanga ridaharanira inyungu rigamije guteza imbere no gusangira imikorere n’imyitwarire mu kugorora mu rwego guteza imbere umutekano mu baturage no gutuma barushaho kugira ubuzima bwiza ku Isi yose.

Iri huriro ryarashinzwe mu 1998, rikaba rifite icyicaro i Buruseli mu Bubiligi, mu gihe iyi nama iba buri mwaka mu gihugu kiba cyatoranyijwe.

Uyu mwaka inama izibanda ku kureba uburyo bwo guhanga ibishya mu kugorora, gushyiraho ingamba zo kugabanya ubucucike, gushyiraho uburyo bwiza bwo kugorora, gutegura neza abarangiza ibihano bagiye gusubira mu buzima busanzwe, kwita ku magororero no kurengera uburenganzira bwa muntu mu bandi n’ibindi.

Muri 2015, RCS yahawe igihembo mpuzamahanga mu rwego rwo gushimirwa I ikorwa byo kurengera ibidukikije hakoreshwa neza biyogazi mu gutegura amafunguro mu magereza y’u Rwanda.

U Rwanda kandi rwiteguye kwakira inama ya ICPA mu 2025, rukazaba rubaye igihugu cya kabiri muri Afurika cyakiriye iyi nama nyuma ya Namibiya yayakiriye mu 2014.

Inama y’uyu mwaka yatangiye ku ya 23 Ukwakira muri Leta ya Florida, ikazasozwa ku ya 28 Ukwakira.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Kenya: Guverinoma nshya ya William Ruto irimo umuminisitiri umwe wo mu yacyuye igihe

Guverinoma nshya ya Kenya igizwe n’abaminisitiri 22 irarahira kuri uyu wa kane, nyuma y’umunsi umwe yemejwe n’inteko ishinga amategeko. Perezida William Ruto yagumanye umuminisitiri umwe rukumbi wahoze muri guverinoma yacyuye igihe, amugira umujyanama w’umutekano w’igihugu, hanyuma ashyiraho n’umwanya mushya w’umunyamabanga wa guverinoma. Njuguna Ndung’u wahoze ari umuyobozi wa banki nkuru y’igihugu, yagizwe umunyamabanga mushya ushinzwe umutungo w’igihugu, naho Justin Muturi wahoze ari perezida w’inteko ishinga amategeko agirwa umushinjacyaha mukuru. Abaminisitiri […]

todayOctober 27, 2022 172

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%