Inkuru Nyamukuru

Diyosezi ya Ruhengeri: Umupadiri arasezeye

todayDecember 20, 2022 168

Background
share close

Umupadiri witwa Niwemushumba Phocas wo muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yandikiye Musenyeri Vincent Harolimana, ibaruwa imumenyesha ko asezeye mu butumwa bwe.

Padiri Niwemushumba Phocas wasezeye

Ni ibaruwa yasinywe tariki 06 Ukuboza 2022, aho ubwo yayandikaga yatangije umwe mu mirongo ya Bibiliya agira ati “Harahirwa abafite imitima isukuye, kuko bazabona Imana (Mt 5,8)”.

Uwo mupadiri wanditse yibanda ku mirongo yo muri Bibiriya, avuga ko yandikiye Umushumba we iyi baruwa amugezaho icyemezo yafashe, aho yavuze ko mu gihe amaze aba i Burayi, byamubereye umwanya wo gufungura amaso, wo kwitegereza, gutekereza, gushyira ubwenge ku gihe, gusenga Imana amanywa n’ijoro no kumenya neza ukuru ku buzima.

Yavuze bimwe mu bitaramushimishije mu mibereho ye ya Gisaseridoti, avuga ko yabonye uburyarya (L’hypocrisie) n’ubwibone (L’orguueil) bikorerwa muri Kiliziya, avuga ko ari bimwe mu byamuteye gufata icyemezo cyo gusezera mu Bupariri yari amazemo imyaka 15, no gusezera ku nshingano zose yari yaramaze guhabwa.

Mu makuru agera kuri Kigali Today, aravuga ko Padiri Niwemushumba Phocas, yari yamaze guhabwa ubutumwa muri Seminari nto ya Nkumba, nk’Umuyobozi mushya wayo.

Yasoje ibaruwa ye avuga ko atazigera yibagirwa ibihe byiza yagiranye na bagenzi be basangiye ubutumwa (Abapadiri), n’Abakirisitu mu miryango itandukanye aho yakoreye ubutumwa.

Mu kumenya icyo Kiliziya ivuga ku bwegure bwa Padiri Niwemushumba, Kigali Today yagerageje kuvugana n’Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri itumanaho ntiryakunda.

Padiri Niwemushumba Phocas wasezeye mu bupariri, amaze imyaka itanu yiga muri Kaminuza ya Vienne muri Autriche, aho yari akuye impamyabumenyi ihanitse mu mpera z’uyu mwaka wa 2022.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Impunzi z’Abarundi zagaragarije Leta yabo impungenge bagifite zituma badataha

Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama iri mu Karere ka Kirehe, zagaragarije ubuyobozi bwa Leta y’u Burundi impungenge bayifitiye zituma badataha. Lt Gen André Ndayambaje aganiriza impunzi z’Abarunzi ziri i Mahama Ni nyuma yo gusurwa n’itsinda ry’abayobozi batandukanye mu Burundi barimo Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu Gihugu, Lt Gen Andres Ndayambaje, hamwe n’abayobozi b’Intara za Kirundo, Bururi na Kayanza, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Ukuboza 2022, […]

todayDecember 20, 2022 85

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%