Abaganga bo ku bitaro bya Muhororo mu Karere ka Ngororero, babashije kurokora ubuzima bw’umwana w’umukobwa wavukanye amagarama 780, ku byumweru 27 yari amaze mu nda ya nyina.
Byari ibyishimo gusezerera Ishimwe n’ababyeyi be bagataha mu rugo nyuma y’amezi atatu mu bitaro
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Muhororo ahabereye ibyo bisa nk’ibitangaza, buvuga ko abana bacye cyane bavutse ku byumweru 27 ari bo bashobora kubaho, ariko bagerageje amezi atatu agashira uwo mwana afite ikilo kimwe n’amagarama 820, icyo ngo kikaba ari igipimo gishimishije cy’uko ubuzima bw’uwo mwana bumeze neza.
Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Muhororo, William Namanya, avuga ko uwo mwana w’umukobwa amaze kuvuka, yitaweho muri serivisi zita ku bana bavutse batagejeje igihe, kandi byatanze umusaruro kugeza ubwo nyuma y’amezi abiri bamukuye mu byuma bishyushya, agatangira konka kuko mbere bamugaburiraga binyuze mu miheha yabugenewe.
Agira ati “Ubundi umwana avukira mu byumweru 38 kugera kuri 41, bakavukana nibura ibilo biri hejuru ya 2 n’amagarama 500, ariko uriya yavutse hakiri kare, ndetse avukana ibilo bikeya, twamwitayeho kandi turabona nta bindi bibazo bivutse umwana azakura neza”.
Dr. Namanya avuga ko kuba umwana yavuka atagejeje igihe biterwa n’ibintu bitandukanye, birimo no kuba nyina umutwite yaba afite uburwayi runaka, bukaba bwatuma umwana avuka igihe kitageze.
Hakizimana n’umugore n’umwana basohotse ibitaro
Avuga ko umwana wavukanye bene ibyo biro ahabwa imiti imurinda udukoko tumutera kurwaragurika, kumurinda ubukonje, kumurinda isukari nke kuko ari byo bikunze kwica bene abo bana.
Akandi kazi kakozwe ngo uwo mwana ubuzima bwe bugende neza, harimo kwita ku isuku ye kuko ari ho udukoko twamutera uburwayi duturuka, ikaba igomba gukomeza kwitabwaho mu rugo kuko n’ubundi atarakomeza neza.
Agira ati ‘Uriya mwana ni igitangaza kuba twaramuvukishije agakura, navuga ko ari akazi gakomeye abakozi b’ibitaro bya Muhororo bakoze, tuzanakomeza kumusura, tumenye ubuzima bwe umunsi ku munsi”.
Hakizimana Emmanuel wo mu Murenge wa Ndaro akaba se wa Ishimwe Rusi, avuga ko yakiriye neza ibyo gusezererwa mu bitaro we n’umugore we n’umwana, kuko yajyaga agira impungenge z’uko ibitaro bitazashobora kumuvurira umwana.
Agira ati “Imana yumvise amasengesho yanjye yo kutisubiza umwana wanjye w’imfura, nanjye nzita ku isuku ye uko batugiriyemo inama ndashimira abaganga ubwitange bagize, ntako batagize”.
Ikirangirire muri ruhago Pelé witabye Imana tariki 29 Ukuboza 2022 yavuze ko igikombe cy’Isi cya mbere yatwaye mu 1958 yari yaragisezeranyije se mu 1950 afite imyaka icumi. Pelé ari hamwe na se João Ramos do Nascimento wari uzwi nka Dondinho yasezeranyije kuzamutwarira igikombe cy’Isi akamuha bitatu Iri sezerano Pelé yavuze ko yari yararihaye se João Ramos do Nascimento mu mwaka wa 1950 ubwo yamubonaga aririra kuri stade ya Maracana muri […]
Post comments (0)