Mbere y’isomwa ry’uru rubanza rwe nta kizere cyari gihari ko atari bukatirwe igifungo, kuko ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 16.
Kuva uru rubanza rwatangira kuburanishwa rwashyizwe mu muhezo ndetse n’abatangabuhamya nta wigeze agaragara mu ruhame n’ubwo Prince Kid we, atahwemaga kubisaba.
Ishimwe Dieudonné yatawe muri yombi tariki 25 Mata 2022 n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), atangira gukorwaho iperereza ku byaha bya ruswa ndetse n’iby’ihohotera rishingiye ku gitsina, byavugwaga mu irushanwa rya Miss Rwanda.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Mutarama, mu ishuri ry'amahugurwa rya Polisi y'u Rwanda (PTS) riherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, habereye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ibanze ahabwa abakozi b'urwego rwunganira akarere mu gucunga umutekano (DASSO) binjijwe mu kazi bagera kuri 416 batanzwe n'uturere 16. Umuhango wo gusoza aya mahugurwa y'icyiciro cya gatandatu, wayobowe na Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu, Musabyimana Jean Claude. Witabiriwe kandi na ba Guverineri b'intara, Umuyobozi […]
Post comments (0)