Inkuru Nyamukuru

Gen Muhoozi yavuzeko azizihiriza isabukuru ye y’amavuko i Kigali

todayJanuary 19, 2023 56

Background
share close

Gen Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu w’imfura wa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko ibirori bye byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 49 bizabera i Kigali.

Ibi Gen. Muhoozi yabitangaje abinyujije kuri Twitter, kuri uyu wa Kane, ndetse ko Perezida Kagame ariwe uzakurikirana ibikorwa byose.

Ati “Nishimiye kubamenyesha ko ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka yanjye 49 bizabera i Kigali, Umujyi mwiza muri Afurika y’Iburasirazuba. Data wacu, Perezida Paul Kagame azagenzura ibikorwa byose.”

Ubusanzwe Gen Muhoozi Kainerugaba yizihiza isabukuru y’amavuko ku wa 24 Mata, dore ko yavutse tariki 24 Mata 1974.

Ubwo yizihizaga ibirori by’isabukuru y’imyaka 48 byabereye i Kampala ndetse Perezida Kagame ari mubityabiriye ibi birori.

Ibi birori kandi byasusurukijwe n’Umunyarwanda, Intore Massamba ndetse n’imbyino z’intore.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Buri karere kagiye kubakwamo ishuri ry’icyitegererezo ry’imyuga n’ubumenyingiro

Mu rwego rwo gukomeza kurushaho kunoza ireme ry’uburezi mu mashuri ya Tekiniki, Imyuga n’ubumenyingiro (TVET), ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyigishirize yayo (RTB), kiratangaza ko hagiye kubakwa amashuri y’icyitegererezo y’imyuga n’ubumenyingiro muri buri karere. Kuba Leta yifuza ko ibyigishwa mu mashuri ya TVET bihura n’icyerekezo cy’Igihugu, bikanahuzwa n’amahirwe ari mu gihugu cyane cyane ashingiye ku byo ubukungu bwa buri karere bwubakiyeho, hatekerejwe ko hakorwa ishuri ry’icyitegererezo rya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro […]

todayJanuary 19, 2023 65

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%