Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye ‘Car free Day’ kuri iki cyumweru (Amafoto)

todayJanuary 22, 2023 91

Background
share close

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri iki cyumweru tariki 22 Mutarama 2023, bifatanyihe n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo rusange, imenyerewe nka Car Free Day.

Iyi siporo yanitabiriwe kandi n’abandi bayobozi barimo Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, Minisitiri w’Umuco na Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa.

Car Free Day ni siporo rusange yatangijwe muri Gicurasi 2016, igamije gushishikariza abaturarwanda umuco wo gukora siporo, kwirinda indwara zitandukanye, aho bahabwa inama, bakanapimwa izo ndwara ku buntu.

Iyi siporo isigaye ikorwa kabiri mu kwezi, ndetse kugeza ubu isigaye ikorwa no mu zindi ntara z’Igihugu.

Iyi siporo kandi igamije gufasha mu kugabanya ihumanywa ry’umwuka abantu bahumeka, binyuze mu gukumira imodoka na moto mu mihanda abakora siporo bifashisha.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Somalia: Igisirikare cyahitanye abarwanyi 69 ba Al Shabab

Abayobozi ba gisirikare muri Somaliya batangaje ko mu bitero bibiri byagabwe ku mutwe wa Al Shabab byahitanye abagera kuri 69. Inzego za gisirikare zitangaza ko ibyo bitero byagabwe ku barwanyi ba Al Shabab byabereye mu Ntara ya Middle Shabelle mw'ijoro ryo kuwa gatatu ku bufatanye n'imitwe y'abaturage isanzwe irwana ku ruhande rwa leta bigahitana abarwanyi 49. Brigadier General Abdullahi Ali Anod, uvugira Minisitiri y'ingabo muri Somaliya, yavuze ko leta yafashe […]

todayJanuary 21, 2023 146

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%