Inkuru Nyamukuru

Abapolisi b’u Rwanda batanze amaraso yo gufashisha abarwayi

todayJanuary 28, 2023 83

Background
share close

Ku wa Gatanu  tariki ya 27 Mutarama, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abakozi b’ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) baramukiye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, aho bakusanyije amaraso yo gufashisha abarwayi mu gikorwa cyitabiriwe n’abapolisi basaga 100  batanze amaraso.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko igikorwa cyo gutanga amaraso kijyanye no gushyira mu bikorwa amasezerano Polisi y’u Rwanda yasinyanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC) mu bijyanye no gufatanya mu by’ubuzima n’umutekano harimo no gutanga amaraso.

CP Kabera yavuze ko gutanga amaraso ku bapolisi bisanzwe bikorwa kuko buri mwaka haba icyo gikorwa inshuro nk’eshatu  kandi ko n’abapolisi babikora ku bushake kuko babanza kubisobanurirwa.

Yagize ati: “Igikorwa cyo gutanga amaraso ku bapolisi kirasanzwe kimaze imyaka 7, abapolisi bayatanga kubera umutima wo gufasha abarwayi bari hirya no hino mu bitaro bayakeneye.”

Yunzemo ati: “Abantu bagomba kumenya ko nta ruganda rukora amaraso ahubwo abantu ubwabo aribo bagomba gufashanya ubwabo.”

CP Kabera yasoje ashimira abapolisi bakorera hirya no hino mu gihugu bagira umutima wo gufasha ndetse no korohereza abaganga, bagatanga amaraso.

Biteganyijwe ko mu minsi iri imbere igikorwa cyo gukusanya amaraso kizakomereza mu bigo bitandukanye bya Polisi hirya no hino mu gihugu.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth

Perezida Paul Kagame ku wa 27 Mutarama 2023, yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), Patricia Scotland. Umukuru w'igihugu yagiranye ibiganiro na Madamu Scotland hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, baganira ku kurebera hamwe aho ibikorwa by’umuryango wa Commonwealth bigeze bishyirwa mu bikorwa bijyanye n'iterambere ryawo. Inama ya 26 y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango wa Commonwealth, bihuriye ku rurimi rw’Icyongereza (CHOGM), yabereye mu Rwanda ku wa 22-26 Kamena 2022, yasize […]

todayJanuary 28, 2023 68

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%