Inkuru Nyamukuru

Abagera ku bihumbi 37 nibo bamaze guhitanwa n’umutingito muri Turikiya na Siriya

todayFebruary 13, 2023

Background
share close

Umubare w’abantu bamaze guhitanwa n’umutingito ukomeye wibasiye ibihugu bya Turukiya na Siriya bageze ku 37000

Imibare igaragaza ko muri Turukiya abamaze kubarurwa bagera ku 31.643, naho muri Siriya bararenga 5,714. Abatabazi muri Turukiya, kuri uyu wa mbere bakuye abantu benshi mu bisigazwa by’amazu ari bazima.

Mu batabawe harimo abantu barindwi bose ni abo mu muryango umwe. Ni nyuma y’icyumweru kimwe habaye umutingito ukaze mu mateka yo mu bihe bya vuba. Uwo mutingito wabaye kuwa mbere w’icyumweru gishize muri Siriya, wari kuri 7.8 ku gipimo cya Richter.

Mu gihe icyizere cyo kubona abandi bantu ari bazima kigenda kigabanuka, umubare w’abantu bahitanywe n’uwo mutingito muri Turukiya no mu gihugu bituranye cya Siriya, urakomeza kwiyongera umunsi ku munsi.

Umuyobozi mukuru ushinzwe ubutabazi muri Loni, Martin Griffiths ubwo yari mu ruzinduko i Aleppo mu majyaruguru ya Siriya, kuri uyu wa mbere yavuze ko ubutabazi buri gutangwa buri kwibanda ku bikorwa byo gushaka amacumbi, ibiribwa n’amashuri.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Gitifu w’Umurenge wa Jali afunzwe akekwaho ruswa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo babiri bakekwaho kwakira ruswa, barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, Bucyana Alex. Undi watawe muri yombi ni Ndagijimana Ephrem, Umunyamabanga Nshingwabikora w’Akagari ka Gateko mu Karere ka Gasabo, bombi bakaba barafashwe ku ya 11 Gashyantare 2023. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, avuga ko bakekwaho kwakira ruswa, ati "Aba bagabo bombi bakurikiranyweho icyaha cyo gusaba […]

todayFebruary 13, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%