Inkuru Nyamukuru

Sudani y’Epfo: Perezida Salva Kiir yasabye impunzi gutahuka

todayFebruary 25, 2023

Background
share close

Perezida wa Sudani y’epfo Salva Kiir Mayardit, yasabye impunzi zirenga miliyoni ebyiri ziri mu buhungiro mu bihugu by’amahanga gutahuka.

Perezida Salva Kiir yavuze ko Leta ye yiteguriye gucunga umutekano w’impunzi zizahitamwo gutaha.

Impunzi zirenga miliyoni 2.3 z’abanyasudani y’epfo nizo ziri buhungiro mu bihugu by’ibituranyi birimo nka Kenya, Uganda ndetse na Misiri.

Mu ijambo yavugiye ku murwa mukuru wa Juba ku wa gatatu, Perezida Salva Kiir yavuze ko gucyura abo baturage bahunze igihugu cyabibarutse biza ku mwanya wa mbere mu byo leta ifite kuri gahunda. Salva Kiir yavuze ibi ari kumwe n’abahagarariye impunzi zavanywe mu byabo zahungiye rwagati mu gihugu.

Benshi muri abo banyasudani y’epfo bahungiye rwagati mu gihugu bavanywe mu byabo n’intambara yo mu 2013,ubwo abasirikare ba Salva Kiir batanaga mu mitwe n’aba Riek Machar.

Sudani y’epfo yakomeje kurangwa n’ibibazo by’umutekano muke kuva ibonye ubwigenge kuri Sudani mu 2011.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nyagatare: Umuyobozi afunzwe akekwaho gusambanya umwana akanamutera inda

Umuyobozi ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Nyabweshongwezi ya kabiri, Akagari ka Nyabweshongwezi, Umurenge wa Matimba, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Matimba akekwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 17 akanamutera inda. Sebatware Philemon w’imyaka 45 y’amavuko, ni we ukekwaho iki cyaha yakoze mu bihe bitanduknaye nk’uko byemezwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Mu kiganiro yagiranye na Muhaziyacu, Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B.Thierry, yavuze ko Sebatware yafashwe ku wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare […]

todayFebruary 25, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%