Bola Tinubu wiyamamarije mu ishyaka riri ku butegetsi muri Nigeria (All Progressives Congress, APC) yatangajwe ko yatsinze amatora y’umukuru w’igihugu.
Uwo bahanganye Atiku Abubakar yabonye 29%, mugihe Peter Obi wiyamamaje aturutse mu ishyaka ry’abakozi yabonye amajwi 25%.
Mbere y’uko iyi mibare y’ibyavuye mu matora bitangazwa amashayaka y’abari bahanganye na Bola Tinubu yari yavuze ko aya matora yabayemo amanyanga, aho yasabye ko yasubirwamwo.
Tinubu ni umwe mu banyapolitike bo muri Nigeria batunze cyane, uyu mugabo kandi yafashe umwanzuro wo kwiyamamaza nyuma y’uko abaturage bamushimira imirimo ikomeye yo gutunganya umujyi wa Lagos ubwo yari umuyobozi wawo.
Ku wa kabiri abantu hafi 100, bagizwe ahanini n’abagore n’urubyiruko babarizwa mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, bakoze imyigaragambyo mu murwa mukuru Abuja.
Abashinzwe umutekano batambitse za bariyeri mu mihanda mu rwego rwo gusubiza inyuma iyo myigaragambyo yaganaga ku biro bya komisiyo y’amatora.
Imibare ntakuka y’ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu n’abagize inteko ishinga amategeko biteganyijwe ko bizatangazwa nyuma y’iminsi ibiri.
Perezida Paul Kagame n’Umwami Mohammed VI wa Maroc, bagiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa mu guteza imbere siporo muri afurika kizwi nka CAF President’s Outstanding Achievement Award. Iki gihembo kizatangirwa mu muhango uzabera mu Rwanda tariki ya 14 Werurwe 2023 uzanitabirwa na Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, Gianni Infantino ndetsen' abanyacyubahiro ba CAF bayobowe n’Umuyobozi wayo, Patrice Motsepe. Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika, CAF, ni yo itanga iki gihembo ku babaye […]
Post comments (0)