Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame n’umwami wa Maroc bagiye gushimirwa guteza imbere siporo muri Afurika

todayMarch 1, 2023

Background
share close

Perezida Paul Kagame n’Umwami Mohammed VI wa Maroc, bagiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa mu guteza imbere siporo muri afurika kizwi nka CAF President’s Outstanding Achievement Award.

Iki gihembo kizatangirwa mu muhango uzabera mu Rwanda tariki ya 14 Werurwe 2023 uzanitabirwa na Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, Gianni Infantino ndetsen’ abanyacyubahiro ba CAF bayobowe n’Umuyobozi wayo, Patrice Motsepe.

Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika, CAF, ni yo itanga iki gihembo ku babaye indashyikirwa mu guteza imbere umupira w’amaguru kuri uyu mugabane.

Uyu muhango wo gutanga ibi bihembo uzaba nyuma y’umunsi umwe gusa mu Rwanda hatangiye Inteko Rusange ya 73 ya FIFA izaba ku wa 16 Werurwe muri Kigali Convention Centre.

Iyi nteko ni yo izemerezwamo Gianni Infantino nk’ugomba kuyobora FIFA muri manda y’imyaka ine nyuma yo kwiyamamariza uyu mwanya nk’umukandida rukumbi.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Akarere ka Nyagatare kahize utundi mu kwesa imihigo

Kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023, nibwo hashimiwe uturere twahize utundi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2021/2022, aho Akarere ka Nyagatare kaje ku isonga. Ni umuhango wabereye muri Kigali Convention Centre, ubwo hasozwaga inama y’Igihugu y’Umushyikirano, ukayoborwa na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, watangaje amanota y’uko uterere ndetse n’intara byagiye birushanya. Bimwe mu byagendeweho ni uko nta wagombaga guhigira umuhigo w’igice, kuko icyahigiwe cyose cyagombaga gukorwa kikarangira, ikindi […]

todayFebruary 28, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%