Ku wa Kabiri tariki ya 28 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano mu Karere ka Kicukiro, yafashe umusore w’imyaka 21 y’amavuko ucyekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa TVS RC 953 T.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko kugira ngo afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe na nyirayo.
Yagize: “Ahagana ku isaha ya saa tatu z’ijoro nibwo twahawe amakuru na nyiri moto, ko yibwe ubwo yari asize ayiparitse yinjiye mu iduka riherereye mu kagari ka Kagasa mu murenge wa Gahanga. Abapolisi bihutiye kuhagera ku bufatanye n’abanyerondo bayifatira mu kagari ka Gahanga nako ko muri uwo murenge, uwayibye agerageza kuyatsa ngo acike.”
Post comments (0)