Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yahumurije abanyarwanda, abizeza kuryama bagasinzira

todayMarch 2, 2023

Background
share close

Perezida Paul Kagame yahumurije Abanyarwanda ku bimaze iminsi bivugwa ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo ishaka gushoza intambara k’u Rwanda, abasaba kuryama bakizigura kuko igihugu gitekanye.

Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 1 Werurwe 2023.

Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za Congo, Gen Maj Chiko Tshitambwe, aherutse gutangaza ko igisirikare cya FARDC kimaze iminsi mu bikorwa byo gushaka ubufasha bwo guhangana n’u Rwanda ndetse ko cyitabaje ibihugu byo muri SADC.

Mu banyamakuru bari bitabiriye iki kiganiro barimo n’Umuyobozi wa Radio&TV1, Kakooza Nkuriza Charles (KNC) wabajije Perezida Kagame niba Congo (DRC) itatera u Rwanda nk’uko bamwe mu bayobozi bayo bajya banyuzamo bakabyigamba.

Perezida Kagame yamusubije agira ati: “ Kubahumuriza nicyo cya ngombwa, ibyo ubwabyo ntaho mbona bishingiye, nushaka uryame usinzire, wicure wiyongere, ibyo ntabwo ari ikibazo. Ibyo umuntu umwe yaba yaravuze muri Congo, afite uburenganzira bwo kuvuga, ntabwo ibivugwa byose biba ari ukuri cyane cyane iyo bivugwa kuri iki kibazo cyo muri Congo, bikivugwa n’abanye-Congo bo muri leta.”

Perezida Kagame yavuze ko amakuru afite ari uko SADC yaba ifite gahunda zo gutanga umusanzu mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke muri Congo.

Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo benshi bashobora kwinjira mu gukemura ikibazo cya Congo bakagikemura nabi, ngo ntabwo yibwira ko bizageza ku rwego rwo kugirira nabi u Rwanda bafasha Congo. yashimangiye kandi ko u Rwanda rumaze igihe kinini rwiteguye kurengera umutekano warwo.

Ati “Iyo udashaka intambara, urayitegura. Iyo ushaka amahoro witegura intambara, twe dushaka amahoro, ibyo kwitegura twiteguye kera.”

Perezida Kagame yavuze ko kuba Umukuru w’igihugu wa Congo Félix Antoine Tshisekedi yarigeze kuvuga ko azakuraho Ubuyobozi mu Rwanda, ngo ashobora kuba yarikiniraga.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ntabwo u Rwanda rwaba inzira ya bugufi yo gukemura ibibazo bya Congo – Perezida Kagame

Perezida Kagame aratangaza ko atari kumwe n’abifuza ko u Rwanda ruba inzira y’ubusamo yo gukemura ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko icyo Gihugu ari cyo gifite umuti w’ibibazo byacyo. Perezida Paul Kagame Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Werurwe 2023, Perezida Kagame yavuze ko ibibazo bya Congo byaganiriwe ahantu henshi hashoboka mu nama zitandukanye ku Isi, ariko abanyamahanga bakifuza ko uko bashaka ko bikemuka […]

todayMarch 1, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%