Uwambayinema Claudine w’imyaka 33 y’amavuko wavutse mu 1990, arashakisha abo mu muryango we baburanye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Uwambayinema Claudine
Uwambayinema avuga ko Jenoside yabaye ari umwana muto cyane afite imyaka 4 ndetse kuri ubu atekereza ko bimugoye kuba yabasha kumenya abakomoka ku muryango we kuko byinshi yakabaye agenderaho arangisha yabyibagiwe.
Uwambayinema atuye mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Muyongwe, Akagari ka Bumba, Umudugudu wa Gikoro.
Umukecuru wareze Uwambayimana yitwa Musabende Rosette afatanyije n’umugabo we Icyitegetse Juvenal bakaba na bo batuye muri Gakenke.
Avuga ko n’ubwo yareze uyu mwana ariko atigeze amenya aho akomoka nyirizina. Ati:”yari umwana muto utarabashaga kwibuka ibintu byinshi, icyakora numvaga avuga agace ka Kanombe ngo niho iwabo ku kigo cya gisirikare, yewe yakundaga no kuvuga amazina nka Dativa, Bitama na Semiryango”.
Uwambayinema akiri muto
Uwambayinema avuga ko yaburanye na nyina mu gihe cya Jenoside ndetse kuri ubu atakibuka byinshi. Ati “Nibuka n’uko Papa yadutemberezaga mu modoka, nkumva twarabaga turi kumwe n’undi mwana ariko simwibuka. Mu gihe cya Jenoside rero nari kumwe na mama, arembera ku nzira nyuma haza umugabo ukuze aradutwara akajya avuga ngo mama nakira azamugira umugore we ariko nyuma yaje gupfa”.
Avuga ko ikindi yibuka ari umwenda yari yambaye. Ati: “Nari nambaye akajipo kadoze mu gitambaro, imbere kazamuye gafite udufungo inyuma hariho imishumi isobekeranyije. Nari mfite akandi gakanzu gafite ikora ariko amabara y’ikanzu yiganjemo ibara ry’icyatsi. Mama we sinibuka ibyo yari yambaye ariko abantoye bambwiye ko yagiraga Bibiliya agira icupa rirerire ririmo amavuta yo kwisiga. Yari muremure w’imibiri yombi kandi atabyibushye cyane”.
Yifuza ko uwamenya amakuru y’umuryango we yamufasha
Avuga ko uwo mugabo wabacumbikiye bwa mbere nyina yahamaze umunsi umwe ahita apfa ariko ko atazi aho bamushyinguye.
Post comments (0)