Inkuru Nyamukuru

USA yatangiye guha imyitozo ingabo z’Ibihugu by’Afurika

todayMarch 10, 2023

Background
share close

Leta zunze ubumwe z’Amerika yatangiye guha imyitozo ingabo zituruka mu bihugu bitandukanye by’Afurika, mu rwego rwo kubifasha kurwanya imitwe y’intagondwa z’abajihadisite.

Iyi myitozo yitwa Flintlock igiye kumara ibyumweru bibi isanzwe iba buri mwaka kuva mu 2005. Iyatangiye kuri uyu wa Gatanu irabera muri Ghana na Côte d’Ivoire ikaba ihuje abasirikare bagera ku 1,300, baturuka mu bihugu 29. Mu byo biga harimo tekiniki zo kurwanya abaturage bigometse ku butegetsi bagafata intwaro.

Amerika ivuga ko ishaka gufasha Afurika gukumira no kurwanya abaterabwoba nka al-Qaida n’umutwe wa Leta ya Kisilamu, n’abajihadisite bagenda bakwirakwira no mu bihugu baba batarageramo.

Muri iki gihe iyi mitwe y’intagondwa yibasiye cyane cyane akarere ka Sahel, by’umwihariko muri Nigeria, Mali, Burkina Faso na Niger, gusa iragenda isatira n’ibihugu birimo Ghana, Togo, Tchad na Cameroun.

Bwa mbere muri iyi myitozo Flintlock harimo n’abasirikare barwanira mu mazi. Baritoza guhihahiga, gufata no gusaka amato yashimuswe. Ibihugu bituriye ikigobe cya Guinea bivuga ko byugarijwe n’imitwe ya ba rushimusi, kandi ko
ishobora gufatanya n’abakora iterabwona n’abajihidisite.

Biteganyijwe ko iyi myitozo izamara ibyumweru bibiri.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ambasaderi Aissa Kirabo Kacyira yasezeye kuri Perezida wa Ghana

Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, Aissa Kirabo Kakira, yasezeye kuri Perezida Nana Akufo Addo, amushimira ubufatanye yamugaragarije mu mirimo ye. Amb. Kirabo, tariki 23 Gashyantare 2023, nibwo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yamugize Umuyobozi w’ibiro by’uyu muryango muri Somalia, United Nations Support Office in Somalia (UNSOS). Mu butumwa yashyize kuri Twitter, Amb Kirabo yashimangiye ko n’ubwo asoje imirimo ye yo guhagararira u Rwanda muri Ghana, ibihugu byombi bizakomeza kwimakaza […]

todayMarch 10, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%