Perezida Paul Kagame yahawe igihembo cya ‘CAF President’s Outstanding Achievement Award’, nk’uwakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu guteza imbere umupira w’amaguru.
Iki gihembo umukuru w’igihugu yagiherewe mu muhango wabereye i Kigali muri Serena Hotel, kuri uyu wa kabiri tariki 14 Werurwe.
Ni igihembo cyatanzwe na Perezida wa FIFA Gianni Infantino ari kumwe na Perezida wa CAF Dr Motsepe.
Perezida Paul Kagame yagihawe mu rwego rwo kumushimira umuhate we mu iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umupira w’amaguru ari Siporo y’ingirakamaro mu mibereho y’Abanyarwanda, bityo ko u Rwanda rutazahwema kuwuteza imbere.
Mbere yo gushyikiriza iki gihembo Perezida Kagame, Dr. Patrice Motsepe uyobora impuzamashyirahamwe y’umupura w’amaguru muri Afurika, CAF yagaragaje Perezida Kagame nk’umuyobozi witangira uyu mukino ari nayo mpamvu CAF yamugeneye iki gihembo.
Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi Gianni Infantino, nawe yashimiye Perezida Paul Kagame muri ibi birori.
Uretse Perezida Paul Kagame, Umwami Mohammed VI wa Maroc nawe yahawe iki gihembo.
Uyu muhango kandi wanitabiriwe n’abayobozi b’inzego z’umupira w’amaguru ku isi bitabiriye inama ya 73 ya FIFA izabera mu Rwanda ku wa Kane tariki 16 Werurwe 2023 muri BK Arena.
Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe, ageza ijambo ku bitabiriye ibi biroriGianni Infantino uyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) na we yitabiriye iki gikorwa
Post comments (0)