Ikirunga cya Nyamulagira giherereye muri Teritwari ya Nyiragongo muri Kivu y’Amajyaruguru muri Congo, ku mugoroba tariki 13 Werurwe 2023 cyatangiye kugaragaza ibimenyetso byo kuruka, abagituriye basabwa kuba maso.
Impugucye za OVG, ikigo gishinzwe ubugenzuzi ku birunga, gikorera mu mujyi wa Goma, zatangaje ko iki kirunga kirimo kugaragaza ibimenyetso byo kuruka, ariko zizeza abaturage kudakuka umutima kubera kiruka cyerekeza muri Pariki y’Ibirunga.
Itangazo ryashyizweho umukono na Prof Dr Muhindo Adalbert, yavuze ko hari ibimenyetso byo kuruka birimo imitingito iherekeza amahindure asohoka mu kirunga.
Abatuye Akarere ka Rubavu mu mirenge ya Bugeshi basabwa kwitwararika mu bikorwa byo gufata amazi y’imvura, kuko arimo imicanga ivuye mu kirunga cya Nyamulagira.
N’ubwo benshi batarimo kumva imitingito ikomeye, abaturiye imijyi ya Gisenyi na Goma bamaze iminsi bumva ubushyuhe bwinshi, nka kimwe mu bimenyetso by’ubushyuhe bwoherezwa n’ikirunga.
Ku mugoroba tariki ya 13 Werurwe 2023, mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, imodoka ifite purake RAE 913 A yari ipakiye inzoga izivanye mu Karere ka Kicukiro, yageze hafi ya Maison de Jeunes irabirinduka inzoga yari ipakiye zirameneka, abaturage bihutira kureba izarokotse bimara inyota. Uwitwa Maniragaba Innocent yavuze ko bagiye kubona bakabona imodoka irabirindutse, bagakeka ko byatewe n’ubunyereri. Ati “Iyi modoka ikimara kubirinduka twese twahise tujya kureba ibibaye, […]
Post comments (0)