Inkuru Nyamukuru

Ibikubiye mu ibaruwa Paul Rusesabagina yandikiye umukuru w’Igihugu asaba imbabazi

todayMarch 25, 2023

Background
share close

Minisiteri y’Ubutabera ku wa gatanu tariki 24 Werurwe 2023, nibwo yasohoye itangazo rivuga ko Paul Rusesabagina na Nsabimana Callixte uzwi nka Sankara bari bafunzwe kubera guhamwa n’ibyaha by’iterabwoba bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika nyuma yo kwandika bazisaba.

Ibaruwa yanditswe na Paul Rusesabagina, yandikiye Perezida Kagame asaba kubabarirwa, bigaragara ko yanditswe tariki 14 Ukwakira 2022.

Muri iyi baruwa, Paul Rusesabagina atangira agira ati: “Nyakubahwa, Mbandikiye nicishije bugufi nsaba imbabazi kugirango nzashobore gusanga umuryango wanjye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Hari impamvu nyinshi nshingiraho ubu busabe, iz’ingenzi zikaba ari izabukuru ngezemo ndetse n’indwara zidakira mfite nzabana nazo ubuzima bwose.”

“Ndifuza kwicuza ibikorwa by’ihohohotera byakozwe na FLN bishingiye ku kazi nakoranye na MRCD. Mbere na mbere, byumvikane neza, ntabwo nihanganira ihohotera. Nta na rimwe ihohotera rigomba kwemerwa, n’igihe rikoreshejwe mu nyungu za politiki.”

“Ihohotera nk’igikoresho cya politiki si iryo kwihanganira cyane iyo rikoreshejwe mu guhohotera abasivili. Sinemera ihohotera iryo ariryo ryose rikorewe abasivili, ryaba rikozwe na FLN cyangwa undi mutwe uwo ariwo wose, nzakomeza kuryamagana ku mugaragaro. Kubura ubuzima n’iyo bwaba ubw’umuntu umwe, buri gihe bitera intimba itagira ukwo ingana.”

“Nk’uwahoze ayobora MRCD, ndicuza kuba ntaritaye bihagije ku kuba abagize ihuririro rya MRCD barangwa n’imyumvire nk’iyanjye nkomeyeho kandi nashyize imbere igihe cyose, itihanganira ihohotera. Mbabajwe cyane n’ibikorwa FLN yakoreye abahohotewe n’imiryango yabo, bikabatera agahinda gakomeye.”

Rusesabagina yanditse kandi avuga ko aramutse ahawe imbabazi, nta yindi migambi iyo ari yo yose azongera kugaragaramo irebana na politike y’u Rwanda.

Agira ati “Ndamutse mpawe imbabazi nkafungurwa, ndabyumva neza ko nzamara ubuzima bwanjye busigaye ntuje kandi ntuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Binyuze muri iyi baruwa, mbemereye ko nta yindi migambi iyo ari yo yose cyangwa iya politique mfite. Ibibazo birebana na politiki y’u Rwanda nzatandukana nabyo ubudasubira.”

Akomeza agira ati: “Mu bihe biri imbere, nzi ko muzibanda ku kizatuma ahazaza h’Abanyarwanda bose hazaba hatekanye. Nizeye ko Abanyarwanda bazabasha gukemura ibyo batumvikanaho mu gihugu cyabo mu buryo buciye mu mahoro cyangwa inzira z’ibiganiro.”

“Ndizera kandi ko ugufungurwa kwanjye kuzagira uruhare n’ubwo rwaba ari ruto mu kugera kuri ibi byifizo. Ni yo mpamvu, Nyakubahwa, mbasabye kumpa imbabazi nshingiye ku mpamvu z’ibibazo by’ubuzima bwanjye kugira ngo nsange umuryango wanjye mbane nawo nk’umubyeyi n’abana n’abuzukuru be, mu gihe mukomeje gukora ibishoboka byose ngo Abanyarwanda bagire icyizere cy’imbere heza hazaza.”

Rusesabagina yatawe muri yombi muri Kanama 2020, atangira kuburana ku itariki ya 20 Mutarama 2021, aburanishwa ari kumwe na bagenzi be 20 kuko ibyaha bakoze byari bifitanye isano. 

Paul Rusesabagina yakatiwe igifungo cy’imyaka 25 kubera uruhare mu bikorwa by’iterabwoba byakorewe ku butaka bw’u Rwanda bikozwe n’umutwe wa MRCD/FLN yari ayoboye.

Ni ibitero byagabwe mu Turere twa Nyaruguru, Nyamasheke, Nyamagabe na Rusizi, byiciwemo abaturage icyenda, hatwikwa imodoka nyinshi ndetse hanasahurwa imitungo mu myaka ya 2018/2019.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Gufungurwa kwa Rusesabagina ntigukuraho indishyi z’akababaro ku bahohotewe – Alain Mukuralinda

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije, Alain Mukuralinda, yatangaje ko abantu bagizweho ingaruka n’ibitero byagabwe mu Turere twa Nyaruguru, Nyamasheke, Nyamagabe na Rusizi, byiciwemo abaturage icyenda, hatwikwa imodoka nyinshi ndetse hanasahurwa imitungo mu myaka ya 2018/2019, bazahabwa impozamarira n’ubwo Rusesabagina yafunguwe. Alain Mukuralinda Yabitangaje ku mugoroba wa tariki ya 24 Werurwe 2023, nyuma y’uko Paul Rusesabagina wari warakatiwe igifungo cy’imyaka 25 ndetse na Nsabimana Callixte wiyita Sankara, wari warakatiwe igifungo […]

todayMarch 25, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%