Inkuru Nyamukuru

Abimukira 10 napfuye barohamye mu nyanja ya Mediterane

todayApril 13, 2023

Background
share close

Abimukira b’Abanyafurika bagera ku 10 bapfuye barohamye nyuma y’uko ubwato barimo bwibiye mu mazi y’inyanja Mediterane hafi y’igihugu cya Tunizia.

Abashinzwe kugenzura imbibi zo mu mazi muri Tunizia batangaje, ko kuwa Gatatu abimukira 10 baturuka muri Afurika yo musi y’ubutayu bwa Sahara barimo bagerageza kujya I Burayi mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bapfuye, ubwo ubwato barimo bwibiraga mu nyanja ya Mediterane.

Ibi byabereye hafi y’igihugu cya Tunizia hafi y’Umujyi wa Sfax, ufatwa nk’agace abimukira bakoresha binjira mu bwato bubambutsa inyanja ya Mediterane bajya I Burayi.

Uretse aba napfuye, bivugwa ko abandi bantu bari hagati ya 20 na 30 baburiwe irengero mugihe ubwato bwari bitwaye abimukira bagera kuri 72.

Housem Jebabli, ukuriye abashinzwe kugenzura imbibi yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko abapfuye baturuka mu bihugu byo muri Afurika yo musi y’ubutayu bwa Sahara.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Gicumbi: Polisi yafashe ucyekwaho ubwicanyi no kwiba Moto

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Gicumbi, yafashe umugabo w’imyaka 29 y’amavuko ucyekwaho kwiba moto nyuma yo kwica nyirayo. Ni ubwicanyi bwakozwe tariki ya 7 Mata, aho uyu mugabo na mugenzi we bafatanyije, bategeye mu nzira umumotari, ubwo yari atashye, mu mudugudu wa Runaba, akagari ka Shangasha, mu murenge wa Shangasha. Yafashwe nyuma y’uko hamenyekanye amakuru y'uko nyakwigendera w'imyaka 21 y’amavuko yasanzwe yishwe akibwa moto ye. Superintendent of Police (SP) […]

todayApril 13, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%