Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Pamela Coke-Hamilton, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa ITC

todayMay 9, 2023

Background
share close

Kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame yakiriye Pamela Coke-Hamilton, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubucuruzi (ITC) n’itsinda ayoboye.

Ibiganiro by’abo bayobozi byibanze ku bucuruzi n’ishoramari, n’uruhare rwa Afurika mu guhindura isura y’ubucuruzi ku Isi.

Uyu mugore ukomoka muri Jamaica, asanzwe ar’inzobere mu bijyanye n’amategeko ndetse n’ubucuruzi akaba yaratangiye kuyobora ITC kuva mu 2020.

International Trade Centre ni ikigo cyashinzwe mu 1964 kikaba gihuza ibigo by’ubucuruzi bwo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere n’amasoko mpuzamahanga, kugira ngo ibyo bigo bibone aho bigirisha umutungo wabyo, mu guteza imbere ubukungu burambye kandi bugera kuri bose ntawe uhejwe.

Iki kigo kandi gifasha n’ibindi bihugu gukomeza ubukungu bwabyo, hagamijwe ko ababituye bava mu bukene. Icyicaro gikuru kikaba giherereye i Geneve mu Busuwisi.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

I Kigali harabera inama nyafurika ku gukumira firigo zangiza akayunguruzo k’Izuba

U Rwanda rwakiriye Inama y’abahagarariye ibihugu 28 bya Afurika bikoresha ururimi rw’Icyongereza, bakaba barimo gusuzuma uburyo bakumira kwinjira muri buri gihugu kw’ibyuma bikonjesha (frigo), byohereza mu kirere imyuka yangiza akayunguruzo k’Izuba. Abahagarariye Amasezerano ya Montreal mu bihugu bya Afurika bikoresha Icyongereza n’abakozi ba za gasutamo bahuriye i Kigali Iyi nama iteraniye i Kigali kuva tariki 8-10 Gicurasi 2023, irimo kwiga ku masezerano yasinyiwe i Montreal muri Canada mu 1987, ndetse […]

todayMay 9, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%