Aba bayobozi ni bo bajyanye iyi mfashanyo kuri Paruwasi ya Nyundo
Padiri Twizeyumuremyi Donatien, umuyobozi wa Caritas Kigali hamwe n’abayobozi b’amashami atandukanye akorera muri Caritas ya Kigali bashyikirije iyi nkunga Paruwasi ya Nyundo kugira ngo na yo izayishyikirize abakuwe mu byabo n’ibiza bari muri iyi Paruwasi.
Padiri Twizeyumuremyi avuga ko iyi nkunga yatanzwe n’abakirisitu bo muri Paruwasi 39 zigize Arikidiyosezi ya Kigali kugira ngo ijye gufasha abahuye n’ibiza.
Ati “Abakirisitu Gatolika baritanze uko bashoboye kandi buri wese atanga icyo afite kugira ngo bijye kugoboka imwe mu miryango yahuye n’ibiza bikabasenyera ndetse bamwe bakahasiga ubuzima”.
Indi nkunga yatanzwe na Arikidiyosezi ya Kigali irimo imyenda n’inkweto ndetse n’ibyo kurya birimo ibishyimbo, ibigori, umuceri, soya, ibijumba, amasaka, kawunga, n’ibikoresho byo mu gikoni.
Padiri Twizeyumuremyi avuga ko abakirisitu bitanze uko bashoboye bakigomwa kuri bike batunze kugira ngo babashe gufasha abababaye n’abari mu kaga.
Padiri Rushigajiki Jean Paul uyobora Paruwasi ya Nyundo washyikirijwe iyi nkunga yashimiye Arikidiyosezi ya Kigali uburyo bitanze n’abakirisitu babo kugira ngo bagoboke abahuye n’ibiza.
Ati “Turabashimira inkunga muduhaye kandi Imana ihe umugisha abakirisitu bitanze muri iki gikorwa iyi nkunga ikaboneka.
Mu gihe ku Isi harimo kwizihizwa ku nshuro ya karindwi icyumweru cyo kwita ku mutekano wo mu muhanda, inzego zitandukanye z’ubuzima ziratangaza ko impanuka ziza imbere mu guhitana abakiri bato. Ngo impanuka ziri imbere mu gihitana abakiri bato bari hagati y’imyaka 5 na 28, ugereranyije n’ibindi byose birimo indwara zitandukanye nka Malaria n’izindi zitandura, kubera ko zihitana abarenga 1.3 buri mwaka. Ni ibyagarutsweho mu kiganiro n’amahugurwa by’iminsi ibiri, byateguriwe abanyamakuru […]
Post comments (0)