Umuturage wo mu Murenge wa Muhanda avuga ko kuba bizihiza isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 29, bataha ibikorwa biteza imbere uburezi ari nko gucira abana akabando k’iminsi kuko bajyaga bata amashuri bakajya gukora mu kazi ko gusarura icyayi no kuragira muri Gishwati, ubu bakaba bagiye kwiga ibizabagirira akamaro.
Agira ati, “Ubu tubonye aho abana bacu bagiye kwigira imyuga izabagiriea akamaro, kuko bajyaga bata amashuri bakajya kwikorera mu cyayi no mu nzuri za Gishwati”.
Ibyo Kandi binemezwa n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge w’Umurenge wa Muhanda Habamenshi Jean Maurice, aho agaragaza ko abarangizaga icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye babonye igisubizo, kuko byabasabaga kujya kwiga kure nko muri kirometero zirenga 10 mu yindi Mirenge.
Ibindi byumba bitatu byuzuye ku mu Murenge wa Kabaya ku kigo cy’ishuri cya GS Kageshi, bizakira abana b’inshuke, igikoni n’ibyumba by’ubwiherero 6 byubatswe nabyo biri mu byashimishije ababyeyi kuko bije byunganira bitanu bihasanzwe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabaya Simon Ndayisenga, avuga ko ibyo byumba bizakemura ikibazo cy’ubucucike bw’abana, no gutuma abana batajyaga mu mashuri kuko batuye kure yayo boroherwa n’ingendo.
Ababyeyi bafite abana ku Kabaya nabo bavuga ko kwakira ibyumba bishya by’amashuri ari ukwibihora ubujiji, kandi bizatuma abana bigira hafi bigatuma batongera guta amashuri.
Hategekimana Bernard avuga ko kwibohora ubujiji ari intangiriro yo kugera ku bukungu, kandi ko abaturage ba Kabaya bakunze kwiga ariko amahirwe akaba makeya, ubu bakaba bishimira kuba uburezi butangirira ku bana b’inshuke, bakazakurana uburere n’ubumenyi bufite ireme.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, araburira Abanyarwanda cyane cyane urubyiruko kutishora mu nzoga, kuko ngo ziri mu bishobora gusiba amateka yo kwibohora, yizihizwa buri mwaka tariki 4 Nyakanga. Perezida wa Repubulika, Paul Kagame (Ifoto: RBA) Perezida Kagame yabivuze mu kiganiro yahaye abitabiriye umusangiro w’isabukuru yo Kwibohora, ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 2 Nyakanga 2023. Perezida Kagame avuga ko iyi sabukuru ngarukamwaka igereranywa n’umunsi w’Ubunani, bitewe n’uko ari wo benshi […]
Post comments (0)