Inkuru Nyamukuru

Bisi nshya zageze i Kigali zitezweho kugabanya ubukana bw’ikibazo cy’ingendo

todayJuly 13, 2023

Background
share close

Bisi eshanu muri 25 zigomba kugurwa n’ikompanyi itwara abagenzi ya Jali Transport, zamaze kugera mu Rwanda. Ni imodoka zitezweho gufasha mu gukemura ikibazo cy’ibura rya bisi rusange mu Mujyi wa Kigali kimaze igihe cyinubirwa n’abahatuye.

Ikompanyi ya Jali Transport isanzwe itwara abagenzi mu byerekezo bigana muri gare yo mu Mujyi rwagati, Nyabugogo, Kimironko, Batsinda n’ibindi byerekezo byiyongera kuri ibi muri Kigali.

Iyi kompanyi iteganya kugura izindi bisi 20 za Yutong zikorerwa mu Bushinwa, hagamijwe kugabanya umurongo w’abatega bisi cyane cyane mu masaha ya mu gitondo na nimugoroba.

Umuyobozi Mukuru wa Jali Transport, Innocent Twahirwa, yavuze ko izi modoka nshya zigezweho kandi ko zizakora neza kurusha izo basanganywe, nk’uko yabitangarije The New Times.

Ati “Zimeze nk’izisanzwe ariko zo zigezweho. Gusa zikoze mu buryo bugezweho butandukanye nko kuba ari nziza, zitekanye kandi zibasha gukora neza”.

Igiraneza Elyse utwara bisi muri Kigali, abona ko ibyo bizakemura ibibazo by’ubushobozi kandi bikanoza imikorere y’uburyo bwo gutwara abantu, nko kugabanya ubucucike n’umurongo muremure w’abagenzi bibangamiye benshi.

Igiraneza ufite uburambe bw’imyaka irenga 10 mu bijyanye n’ubwikorezi rusange, yatangaje ko igihe kirekire cyo gutegereza abagenzi n’ubucucike ari impamvu zikomeye zitera serivisi mbi mu makompanyi atwara abagenzi. Gusa akizera ko kuzana izindi bisi bizagira uruhare mu gutanga serivisi zizewe kandi zinoze.

Mugisha Nshuti Christian wiga muri kaminuza akaba atuye i Kigali, na we yavuze ko izo modoka zindi zizaba igisubizo ku bibazo biri mu bwikorezi rusange.

Aati “Ndizera ko serivisi izaba inoze kandi yubahiriza igihe. Ndashaka kuvuga ko abantu batazategereza igihe kirekire, ubusanzwe bituma barambirwa kandi twihanganye igihe kirekire”.

Yongeyeho ati “Gusa ibyo bishobora kuzateza umuvundo w’ibinyabiziga mu muhanda, ndasaba abayobozi gushyiraho ingamba zinoze nk’uko basanzwe babikora kugira ngo ibintu bigende neza”.

Mu nama ya 18 y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye muri Gashyantare uyu mwaka, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Uwase Patricie, yatangaje kohateganyijwe kugurwa izindi bisi 300 muri Kigali.

Ibyo byari biteganyijwe mu meza atatu yakurikiyeho ariko byatindijwe no gutegereza ko izo modoka zikorwa n’inganda zizagurwaho.

Ubwo yaganiraga n’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) mu ntagiriro z’uku kwezi, Perezida Kagame yijeje Abanyarwanda ko hari bisi nyinshi zatumijwe, ndetse zimwe zikaba zaramaze no kugera mu Rwanda mu rwego rwo gukemura ikibazo

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Kigali: Hari abatabona indyo yuzuye kubera ibiyigize bihenze

Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali baravuga ko hari abatagishobora kubona no kurya indyo yuzuye, bitewe n’uko bimwe mu biyigize bisigaye bihenze ku isoko. Kutarya imbuto ngo si uko bayobewe akamaro kazo Leta y’u Rwanda yahagurukiye kurwanya indwara zigajemo iziterwa n’imirire mibi ndetse n’izitandura, mu rwego rwo kurandura ikibazo cy’imirire mibi mu bana bato ndetse n’abakuze, kuko icyerekezo cy’Igihugu cya 2024, giteganya ko igwingira mu bana ryaba ryavuye kuri […]

todayJuly 13, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%