Inkuru Nyamukuru

Perezida Mack Sall asanga nta terambere umuntu yageraho hirengagijwe iry’umugore

todayJuly 18, 2023

Background
share close

Mu kiganiro cyitabiriwe n’abakuru b’ibihugu, Perezida wa Senegal Macky Sall yavuze abagore n’abagabo bareshya kuko buri wese nta terambere yageraho hatabaye kuzuzanya hagati yabo bityo ko hakenewe imbaraga mu kongerera umugore ubushobozi.

Yavuze ko abagore barenga 1/2 cy’abatuye isi bityo ko nta wavuga iterambere rya muntu hirengagijwe iterambere ry’ abagore kandi ko ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo ngo ni ingenzi cyane.

“Abagabo n’abagore barareshya, ni uburinganire, nta bagabo, abagore ntibashobora gutera imbere, nta bagore, abagabo ntaho baba bagana, ibyo bivuze ko abo bombi bagomba gutera imbere kandi bagafatanya, gusa ikibazo gihari, hari aho abagore usanga barasigaye inyuma, urugero nko muri Afurika ahanini bitewe n’ amateka, umuco cyangwa se imyumvire ya bimwe mu bihugu, tugomba gushyira imbaraga mu gutuma abagore bo muri Afurika n’abo ku Isi muri rusange bagire uburenganzira bwabo.”

Perezida Macky Sall kandi yashimye mugenzi we w’u Paul Kagame, avuga ko ari ishema rya Afurika n’Isi muri rusange bitewe n’umuhate agira mu bijyanye n’uburinganire, ibyo bikaba biteza imbere u Rwanda na Afurika muri rusange.

Perezida wa Ethiopia Sahle -Work Zewde na we ikiganiro yakomoje ku ngaruka intambara ndetse n’amakimbirane bigira ku miryango by’umwihariko abagore.

Yagize ati “Mu bihe by’amakimbirane, abagabo bahura n’ibyago bikomeye birimo gupfa, nubwo bimeze bityo abagore nabo bahura n’ingaruka zikomeye, mu nkambi nyinshi usanga huzuyemo abagore n’abana. Abahura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari benshi, abana baravuye mu ishuli, ibyo bikaba umutwaro ukomeye ku bagore.”

Yakomeje avuga ko ibi udasanga ari umwihariko w’igihugu runaka gusa, kuko ubisanga no ku isi muri rusange, asaba ko bigomba gushakirwa ibisubizo bikajyana kandi no kubakira ubushobozi abagore.

Perezida wa Hongiriya Katalin Novak we yavuze ko mu gihugu cye muri icyi gihe hashyirwa imbaraga mu gushishikariza abaturage kubyara kuko abenshi usanga batitabira gushaka no kubyara.

Ati “Igihugu cya Hongiriya cyabuze 10% by’abaturage bacyo mu myaka ishize, namaze imyaka 8 nshinzwe ibijyanye n’umuryango muri guverinoma aho twashyize imbaraga mu gushishikariza abagore kuba ababyeyi, bakagira abana, urugero muri Hongiraya, iyo ufite abana 4 kuzamura, nta musoro n’umwe wishyura mu buzima bwawe bwose, ushishikarizwa gukora, icyo gihe rero, iyo ba sekuru na nyirakuru b’abo bana bakora, baba bemerewe kumara imyaka 3 yose mu rugo bita ku buzukuru babo. Ibyo byatumye uburumbuke ku mugore bwiyongera ku kigero cya 25%.”

Uhagarariye Loi muri iyi nama Dr. Sima Bahous yashimye uburyo u Rwanda ruza mu bihugu 10 bya mbere ku isi biza ku isonga mu kubahiriza ihame ry’uburinganire.

Abitabiriye iyi nama bavuga ko hakenewe ishoramari haba mu bijyanye n’amafaranga ndetse na politiki kugira ngo uburenganzira bw’ abagore n’abakobwa ku isi burusheho kwitabwaho.

Ni ku nshuro ya 6 inama ya Women Deliver ibaye, ikaba ari ku nshuro ya mbere ibereye ku mugabane wa Afurika. Yitabiriwe n’abantu basaga ibihumbi 6 baturutse mu bihugu 170 byo hirya no hino ku isi.

Ni mu gihe abantu barenga ibihumbi 200 bayikurikirana hifashishijwe ikoranabuhanga.

Kugeza ubu ku isi ngo ibihugu 155 gusa nibyo bimaze gushyira umukono ku mategeko ahana icyaha cy’ihohoterwa.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Abakobwa bakwiye kugira uruhare mu ifatwa ry’ibyemezo barindwa ihohoterwa – Madamu Jeannette Kagame

Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu Iterambere (Women Deliver), irimo kubera mu Rwanda yatangiye ku wa Mbere tariki 17 Nyakanga mu 2023, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abagore n’abakobwa bakeneye serivisi z’ubuvuzi zubatse neza, no guhabwa uburezi bufite ireme bagafashwa kuzamura ijwi ryabo rikumvikana, kandi bakagira uruhare mu ifatwa ry’ibyemezo barindwa ihohotera ribakorerwa. Madamu Jeannette Kagame ageza ijambo ku bitabiriye Women Deliver Madamu Jeannette […]

todayJuly 18, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%