Inkuru Nyamukuru

Sudan: Abantu 9 baguye mu mpanuka y’indege

todayJuly 25, 2023

Background
share close

Mu majyepfo ya Sudani indege ya gisivili yaritwaye abantu yahanutse abagera ku icyenda barimo abasirikare bane.

Ibyo byatangajwe n’inzego za gisirikare muri Sudani ndetse zemeje ko umwana wari muri iyo ndege ari we washoboye kurokoka.

Ihanuka ry’iyo ndege ryabaye mu gihe hashize iminsi 100 Sudani iri mu ntambara ingabo za leta zirwana n’umutwe wa Rapid Support Forces wayigometseho. Iyi ntambara yateye abantu babarirwa muri za miliyoni guhunga.

Umukozi w’umwe mu miryango itanga imfashanyo ku mpunzi muri Sudani yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, ko iminsi iri imbere ishobora kuzaba mibi kurusha.

Abakora mu miryango ifasha izi mpunzi kandi babona ko intambara ibera muri Sudani muri iki gihe ishobora gukwira no mu karere kose

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Mu Rwanda hari kubera amahugurwa y’abagize umutwe wa EASF

Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki ya 24 Nyakanga, mu murenge wa Kagarama mu  Karere ka Kicukiro, hatangijwe amahugurwa y'abagize Itsinda ry’umutwe w’ingabo na Polisi washyiriweho  gutabara mu Karere k'Afurika y’Iburasirazuba (EASF- East African Stand-by Force). Ni amahugurwa azamara iminsi itanu, yitabiriwe n’abapolisi bagera kuri 23 baturutse mu bihugu bitandukanye by’Afurika birimo; u Rwanda rwakiriye aya mahugurwa, u Burundi, Seychelles, Djibouti, Kenya, Ibirwa bya Comores, Ethiopia, Somalia, Uganda n’ibindi.  […]

todayJuly 25, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%