Inkuru Nyamukuru

Gasabo: Yafatanywe Perimi mpimbano n’amafaranga y’amiganano

todayAugust 22, 2023

Background
share close

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Gasabo, yafashe umugabo w’imyaka 32, wari ufite uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga rw’uruhimbano n’ibihumbi 37 by’amafaranga y’u Rwanda y’amiganano.

Yafatiwe mu mudugudu w’Akisoko, akagari ka Nyamugari, mu murenge wa Gatsata, ku wa Gatandatu tariki 19 Kanama, ahagana ku isaha ya saa moya z’umugoroba.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko kugira ngo afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’umucuruzi.

Yagize ati: “Twahawe amakuru n’umukozi ukora akazi ko kubitsa no kubikuza amafaranga kuri telefone wo mu kagari ka Nyamugari ko hari umugabo umwishyuye akoresheje amafaranga y’amiganano nyuma yo kumwoherereza kuri konte ye ya telefone, angana n’ibihumbi 37 Frw.”

Akomeza agira ati: “Hahise hategurwa igikorwa cyo kumufata, abapolisi bahageze basanga koko amafaranga yari amwishyuye agizwe n’inoti 6 za bitanu n’inoti 7 z’igihumbi ari amiganano, banamusatse bamusangana Uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga rwo ku rwego rwa B rw’uruhimbano, ahita atabwa muri yombi.”

Nyuma yo gufatwa yavuze ko ari undi muntu wamwishyuye ayo mafaranga atigeze avuga imyirondoro ye, ntiyanagaragaza uko yabonye urwo ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’uruhimbano.

SP Twajamahoro yashimiye umucuruzi wihutiye gutanga amakuru byihuse yatumye uyu mugabo afatwa, aboneraho kwibutsa abakora ubucuruzi, kujya bagenzura neza amafaranga bishyuwe mbere yo kuyashyira mu yandi niba atari amiganano.

Uwafashwe yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Gatsata kugira ngo hakomeze iperereza mu gihe hagishakishwa undi wese ucyekwaho kubigiramo uruhare.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Antoine Cardinal Kambanda ari mu bahangayikishijwe no guhenda kwa Bibiliya

Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (BSR) uyoborwa na Antoine Cardinal Kambanda, wagaragaje impungenge z’uko Bibiliya ishobora kubura ndetse ubu ikaba yaratangiye guhenda, bitewe n’uko yatakaje abaterankunga. Antoine Cardinal Kambanda ahangayikishijwe no guhenda kwa Bibiliya Kuva mu myaka ya 1977 Abanyarwanda ngo bari basanzwe bafite abaterankunga babatangira amafaranga yo kwandika Bibiliya mu Kinyarwanda, kujya kuyicapira mu Bushinwa, Brazil na Koreya ndetse no kuyizana mu Gihugu. Amafaranga buri muntu wifuza Bibiliya yatangaga […]

todayAugust 22, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%