Inkuru Nyamukuru

FC Bayern Munich yasinyanye amasezerano n’u Rwanda arimo guteza imbere umupira w’amaguru

todayAugust 28, 2023

Background
share close

Ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage yasinyanye amasezerano y’imyaka itanu n’u Rwanda agamije guteza imbere umupira w’amaguru n’ubukerarugendo.

Nyuma y’amakipe nka Arsenal na Paris Saint-Germain, ikipe ya FC Bayern Munich nayo yiyongereye ku makipe afatanya n’u Rwanda kwamamaza ubukerarugendo.

Ni amasezerano yatangajwe ku mugaragaro ubwo ikipe ya Bayern Munich yakinaga umukino wayo wa mbere wo mu rugo, amasezerano akazamara imyaka itanu.

Bimwe mu bikubiye muri aya masezerano harimo gufatanya na Minisiteri ya Siporo y’u Rwanda gushyiraho ishuri ry’umupira w’amaguru mu rwego rwo guteza imbere umupira w’amaguru uhereye mu bakiri bato.

Usibye ibyo kandi ubutumwa bwa Visit Rwanda buzajya butambuka kuri Stade ya Bayern Munich izwi nka Allianz Arena yakira abantu 75,000, ndetse n’ibindi bikorwa bigamije kuzamura ibikorwa by’ubukerarugendo n’ishoramari mu Rwanda.

Jean-Christian Dreesen, Umuyobozi nshingwabikorwa wa Bayern Munich yatangaje ko yishimiye aya amasezerano y’imyaka itanu, aho bifuza kumenyekanisha gahunda ya Visit Rwanda ndetse, gufasha u Rwanda kuzamura urwego rwa siporo by’umwihariko imishinga yo kuzamura impano z’abakiri bato.

Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa nawe yatangaje ko yishimiye ubu bufatanye buzateza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda.

“Twishimiye gukorana na Bayern Munich mu guteza imbere umupira w’amaguru w’abakiri bato mu bakobwa n’abahungu. Turateganya gushyiraho ishuri ry’umupira w’amaguru rya Bayern Munich mu Rwanda, aho batoza babo b’inararibonye bazasangiza ubumenyi abatoza bacu n’abakinnyi”

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yavuze ko ntawe uhejwe muri RDF kubera indeshyo ye

Ubwo yasozaga itorero Indangamirwa icyiciro cya 13, Perezida Paul Kagame yasubije bimwe mu bibazo byabajijwe n’urubyiruko rw’intore z’iryo torero, ababwira ko ntawe uhejwe kwinjira mu mwuga w’Igisirikare cy’u Rwanda. Perezida Kagame yavuze ko ntawe uhejwe muri RDF kubera indeshyo ye Ibi Perezida Kagame yabigarutseho ubwo yabazwaga n’intore Yve Ahishakiye, ko hari igihe umuntu agira ubushake bwo kwinjira mu Gisirikare cy’u Rwanda, akagira ikibazo cy’uko areshya bitewe n’ibipimo byashyizweho. Ahishakiye ati […]

todayAugust 26, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%