Inkuru Nyamukuru

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutse

todayOctober 3, 2023

Background
share close

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byiyongereye, aho lisansi yavuye ku 1639 Frw kuri litiro, igashyirwa ku 1882 Frw, naho mazutu litiro iva ku 1492 Frw, ishyirwa kuri 1662 Frw.

Ibi biciro bishya bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), kuri uyu wa Kabiri tariki 3 Ukwakira 2023.

RURA yatangaje ko ibi biciro bizakurikizwa mu mezi abiri ari imbere, guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Ukwakira 2023.

RURA yakomeje itangaza ko “Iri hindagurika ry’ibiciro rishingiye ahanini ku ihindagurika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli rikomeje kugaragara ku isoko mpuzamahanga.”

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Hafashwe bane bacyekwaho gukora no gukwirakwiza amafaranga y’amiganano

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage yafatiye mu Karere ka Rwamagana n’aka Huye, abagabo bane bakurikiranyweho icyaha cyo kwigana no gukwirakwiza amafaranga. Umwe muri bo ufite imyaka 28 y’amavuko yafatiwe mu murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, ku Cyumweru tariki 1 Ukwakira, afite amafaranga y’u Rwanda y’amiganano ibihumbi 25 naho mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 2 Ukwakira, mu murenge wa Muyumbu mu Karere ka […]

todayOctober 3, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%