Inkuru Nyamukuru

Kevin McCarthy yakuwe ku buyobozi bw’Inteko Ishinga Amategeko y’Amerika

todayOctober 4, 2023

Background
share close

Inteko ishinga amategeko y’Amerika, umutwe w’abadepite, yakuyeho umuyobozi wayo Kevin McCarthy wo mu ishyaka ry’aba repubulikani.

Yakuweho ku majwi 216 y’abatoye “Yego” kuri 210 y’abatoye “Oya”. Depite McCarthy asanzwe akomoka muri Leta ya California.

Mugenzi we w’umudepite w’umurepubulikani, Matt Gaetz ku wa Mbere ni we wari wasabye ko habaho itora ryo kumukuraho. Yumvikanishije ko atishimiye ubuyobozi bwe nyuma y’uko McCarthy atabashije gutoresha ingengo y’imari yashyiraga imbere inyungu z’abarepubulikani.

N’ubwo abarepubulikani barusha abademokrate abadepite bake mu nteko, bari bakeneye bake cyane babashyigikire, bityo bagahita bakuraho McCarthy. Nyamara nanone, abenshi mu badepite b’abarepubulikani bari batoreye kugumisha McCarthy ku mwanya w’ubuyobozi.

Bamwe mu barepubulikani bari masanzwe bamaze kurakazwa na Kevin McCarthy kubera ko yari yumvikanye na Perezida Joe Biden w’umudemokrate mu ntangiriro z’uyu mwaka ku ngingo yo kuzamura igipimo cy’ideni ry’Amerika.

Mbere y’itora ryabaye kuri uyu wa Kabiri, nta muyobozi w’inteko ishinga amategeko y’Amerika wari warigeze akurwaho muri ubu buryo.

Umubare w’abadepite bose b’inteko ni 435, bagizwe n’abarepubulikani 221 ku bademokrate 212.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

DIGP Ujeneza yitabiriye inama ya Interpol muri Angola

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y'u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n'abakozi (DIGP) Jeanne Chantal Ujeneza n'Itsinda ayoboye, bitabiriye inama ya 26 ya Polisi Mpuzamahanga (Interpol) ku mugabane w'Afurika ibera muri Angola. DIGP Ujeneza n'itsinda ry'intumwa ayoboye zo muri Polisi y'u Rwanda n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), bari mu murwa mukuru Luanda, ahateraniye inama y'iminsi itatu, yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 3 Ukwakira. Ni inama ihuje abagera ku 160 bakora mu nzego […]

todayOctober 4, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%