Inkuru Nyamukuru

Israheli yemeje ko abantu 1200 baguye mu bitero bya Hamas

todayNovember 11, 2023

Background
share close

Umuvugizi wa ministeri y’ububanyi n’amahanga wa Israheli yatangaje ko abaguye mu gitero cy’umutwe wa Hamas cyo ku ya 7 Ukwakira ari 1,200 aho kuba 1,400 nk’uko byari byatangajwe mbere.

Lior Haiat, mu byo yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abafransa, AFP, nta bindi yarengejeho., gusa yavuze ko muri uwo mubare urimo n’abanyamahanga basanzwe bakorera muri Israheli n’abandi.

Itangazo ryasohowe na ministeri y’ububanyi n’amahanga ryo rigaragaza ko uwo mubare atari ntakuka kuko ushobora guhinduka igihe cyose habonetse amakuru mashya.

Iryo tangazo rikomeza rivuga ko Hamas yishe abantu 1,200 ishimuta abandi 240 barimo impinja, abana, abagore n’abageze mu z’abukuru.

Icyo gitero kiri mu bitero bya mbere bikomeye cyagabwe kuri Israheri kuva yakwitwa igihugu mu 1948. Israheli yahise itangiza ibitero simusiga kuri Hamas bigikomeje kugeza nubu. Ivuga ko bigamije kurimbura burundu Hamas yita umutwe w’iterabwoba mu gace ka Gaza.

Ibitero bya Israheli mu gace ka Gaza bimaze kugwamo abantu barenga 11,000 biganjemo abasivili. Ministeri y’ubuzima muri Palestine ivuga ko abana barenga 4,500 bamaze kugwa muri ibyo bitero.

Hagati aho Israhali yatangaje ko yatanze amasaha ane y’agahenge buri munsi kugirango itange inzira ku basivili bahunga no korohereza abakora ibikorwa by’ubutabazi kugera ku babukeneye.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nigeria: Umutekano wakajijwe muri leta ziri mu matora

Umutekano wakajijwe cyane muri leta eshatu ziri mu matora ya ba guverineri muri Nigeria kubera ubwoba ko hashobora kuvuka imvururu mu gihe, na nyuma y’amatora. Polisi y’igihugu yohereje za kajugujugu n’ubwato bw’intambara muri leta za Bayelsa na Imo ziri mu majyepfo y’igihugu, na Kogi iri hagati mu gihugu. Nigeria isanzwe ifite amateka y’imvururu n’urugomo mu bihe by’amatora na nyuma yayo. Polisi yabujije kandi ingendo zitari ngombwa muri izo leta ziberamo […]

todayNovember 11, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%