Inkuru Nyamukuru

Abasirikare babiri ba Uganda birukanywe kubera ubugwari 

todayNovember 13, 2023

Background
share close

Urukiko rwa gisirikare muri Uganda rwafashe icyemezo cyo kwirukana abasirikare babiri bashinjwa ubugwari ku rugamba ubwo intagondwa za Islam zateraga inkambi y’ingabo za Afurika muri Somalia muri gicurasi uyu mwaka.

Major Zadock Abor na John Oluka bashinjwa kuba barahuzne ubwo abarwanyi ba al-Shabab muri Bulo Marer, mu majyepfo y’umurwa wa Somalia Mogadishu, babagabagaho igitero. Icyo gihe abasirikare ba Uganda batari munsi ya 50 barishwe, nk’uko abayobozi babitangaje.

Uganda iri mu bihugu byohereje ingabo muri muri Somalia gufasha leta y’icyo gihugu kurwanya al-Shahab, umutwe ufatanya na al-Qaeda.

Icyo gitero kuri Bulo Marer ni kimwe mu byahitanye abasirikare benshi muri izo ngabo za Afurika, Atmis, kuva zatangira kugaba ibitero bishya kuri al-Shabab mu mwaka ushize.

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yanenze bikomeye uburyo abasirikare be bitwaye muri icyo gitero.

Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwanamenyeshaje abo basirikare bombi bari banabonye amakuru hakiri kare ko baza kugabwaho igitero ariko ntihagira icyo bakora ngo bakiburizemo, nk’uko inkuru ya BBC ibitangaza.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Uwareze umunyamakuru Manirakiza Théogène yamuhaye imbabazi arazanga

Nzizera Aimable wareze umunyamakuru Manirakiza Théogène, kumukangisha kumusebya, yamenyesheje urukiko ko yamubabariye. Ni mu gihe kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, Manirakiza yari yitabye urukiko mu bujurire yatanze ku cyemezo cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo. Manirakiza Theogene avugana n’umwunganizi we, Me Ibambe Jean Paul Tariki ya 24 Ukwakira 2023, nibwo Manirakiza Théogène yagejejwe imbere y’Urukiko, aho Ubushinjacyaha bumurega icyaha cyo gukangisha gusebanya. Buvuga ko iki cyaha yagikoreye uwitwa […]

todayNovember 13, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%