Inkuru Nyamukuru

Uganda: Polisi yagose ingo za Bobi Wine na Besigye batavuga rumwe na Leta

todayJanuary 18, 2024

Background
share close

Umunyapolitike, Bobi Wine utavuga rumwe na Leta ya Uganda, wigeze no kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu, kuri uyu wa kane, yatangaje ko polisi yagose urugo rwe, imubuza kuhjya hanze yarwo.

Abatavuga rumwe na leta kuri uyu wa kane bari bateganyije gukora imyigaragambyo yo kwamagana ikibazo cy’imihanda yangiritse ikaba idakorwa. Ni mu gihe Uganda irimo kwitegurira kwakira inama mpuzamakungu ebyri muri uku kwezi.

Ibiro ntaramakuru by’a Bafaransa, AFP, byatangaje ko Bobi Wine yavuze ko polisi n’abasirikare bamubujije kuva mu rugo iwe, ahitwa Magere, mu Majyaruguru y’Umurwa mukuru wa Kampala. Kizza Besigye, nawe wigeze kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu muri Uganda, kuri uyu wa kane, yatangaje na we ko atari yemerewe kuva iwe murugo.

Bobi Wine, uyobora ishyaka ritavuga rumwe na Leta, National Unity Platform, yari ahaganywe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu matora yabaye muri Uganda mu 2021.

Umuvugizi wa polisi ya Uganda yemeje ko abashinzwe umutekano boherejwe ku ngo z’abo banyepolitike babiri batavuga rumwe na leta. Gusa ariko yahakanye ko ibyo bitavuga ko ari umugambi wo kubata muri yombi. Yavuze ko uwo ari we wese ugize uruhare mu myigaragambyo itemewe n’amategeko azatabwa muri yombi ndetse agakurikiranwa n’amategeko.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Afurika ifite impano, ikibura ni ubujyanama n’inkunga zo kuzishyigikira – Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko umugabane wa Afurika ufite impano ariko zikaba zikibura rimwe na rimwe ubujyanama n’inkunga zo kuzishyigikira kugira ngo zibashe kubyara umusaruro. Ibi ni ibyo Umukuru w’Igihugu yagarutseho ku wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024, ku ruhande rw’inama mpuzamahanga y’ubukungu ku isi ubwo Global Citizen binyuze muri gahunda y’ibitaramo bya Move Afrika, yatangizaga imikoranire n’Igihugu cya Ghana. Gahunda y’ibitaramo bya Move Afrika yatangirijwe mu Rwanda mu Kuboza […]

todayJanuary 18, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%