Inkuru Nyamukuru

Bigenda bite ngo bamwe bisange mu bigo ngororamuco kandi atari inzererezi?

todayJanuary 20, 2024

Background
share close

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS), Fred Mufulukye, yatangaje ko abantu bose bagaragaje imyitwarire idasanzwe kandi ibangamira sosiyete, banyuzwa mu bafungirwamo by’igihe gito (Transit Centers) nyuma hagatoranywa abajya kugororwa mu bigo ngororamuco biri mu gihugu.

Fred Mufulukye uyobora Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS)

Fred Mufulukye yabitangaje mu Kiganiro Ubyumva Ute cyatambutse kuri KTRadio tariki 17 Mutarama 2024 ari kumwe n’umuvugizi wa Polisi y’Igihugu ACP Rutikanga Boniface bari batumiwe kugira ngo basobanure imikorere ya ‘Transit Center’ ko ari ahantu hafungirwa abantu bafite imyitwaire ibangamiye sosiyete by’igihe gito nyuma bakajyanwa mu bigo ngororamuco.

Mufulukye avuga ko ibi bigo bijya kujyaho hari hagaragaye ikibazo cy’imyitwarire ikabije mibi ibangamiye nyiri ukuyigira ndetse na Sosiyete muri rusange.

Muri iyo myitwarire harimo uburaya, ubusinzi, ubuzererezi, urugomo n’ibindi byaha by’imyitwarire itari myiza ibangamiye abo babana.

Ati “ Impamvu bajyanwa muri biriya bigo ni uburyo bwo kubigisha no kubagorora tubarinda kujyanwa mu nkiko ngo bajye gufungwa no kubazwa iyo myitwairire kandi ushobora gusanga abashobora kwigishwa bagahinduka”.

Transit Center Mufulukye avuga ko abahajya batahatinda kuko habaho igihe cyo kubatoranya bamwe bakajya kugororerwa mu bigo ngororamuco.

Kugira ngo umuntu agere muri Transit Center ni uko aba yafatiwe mu bikorwa bitandukanye ariko bibangamira sosiyete akajyanwa kugira ngo afashwe ahinduke nk’uko byagarutsweho n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Rutikanga Boniface.

ACP Rutikanga avuga ko hari abantu bamwe bajya bafatwa bakajyanwa muri transit center atari inzererezi ariko bigaterwa nuko babasanze mu bikorwa by’urugomo, ubusinzi se cyangwa mu buraya.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface

Ati “Iyo bafashwe tujya kubajonjora kugira ngo turebe abagomba kugororwa ngo bajye mu kigo ngororamuco, iyo hari uwo dusanze atari asanzwe muri ibyo bikorwa akanatanga ibisobanuro bikumvikana, icyo gihe ararekurwa agasubira mu rugo, abandi bakoherezwa mu Bigo Ngororamuco”.

Iyo hagiye kubaho igikorwa cyo kubajonjora bkorwa n’inzego z’ubuybozi zitandukanye zirimo MINALOC, POlisi, RIB kugira ngo habeho ubufatanye muri iki gikorwa.

ACP Rutikanga avuga ko hari abarekurwa ugasanga bongeye gusubira muri bya bikorwa bituma bajya muri ‘transit Center’, gusa iyo bongeye gufatwa barongera bakajyayo.

DG Mufulukye Fred avuga ko abavanwa muri transit Center bakajya kugororerwa mu bigo ngororamuco bafashwa bakigishwa kugeza bahindutse bakazasubira mu miryango yabo barabaye beza.

Ati “Uretse ko hari nabadahinduka nyuma y’amezi make bavuye muri ibyo bigo ujya kubona ukabona bagarutse biturutse kuba bongeye gufatirwa muri bya bikorwa bibangamira sosiyete”.

Mufulukye avuga ko uburyo bushya buzakumira abagororerwa muri ibi bigo kutongera kubisubiramo, kubera gufatwa basubiye mu bikorwa bibi birimo gukoresha ibiyobyabwenge, ubuzererezi n’ibindi, umuti ushingiye ku bayobozi mu Ntara no mu turere biyemeje kuzajya babasura kenshi mu gihe barimo kugororwa.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

MINICOM yatangaje igiciro fatizo cy’ibigori

Hashingiwe ku myanzuro y’Inama yo ku itariki ya 18 Mutarama 2024, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ifatanyije na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) n’abandi bafatanyabikorwa mu buhinzi, yatangaje igiciro fatizo cy’ibigori aho ikilo cy’ibihunguye kizajya kigurwa 400Frw naho ibidahunguye bikagurwa 311Frw. Ikilo cy’igori bihunguye kizajya kigurwa 400Frw Uyu mwanzuro w’igiciro cy’ibigori wafatiwe mu nama yahuje MINICOM, MINAGRI, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), abahagarariye abahinzi b’ibigori, inganda zibitunganya n’abahagarariye ibigo […]

todayJanuary 20, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%