Amafaranga yakatwaga ku bagurisha ibigori bidahunguye yakuwe mu giciro cyavuzwe haruguru, abaguzi bakaba batacyemerewe kongera gukata abahinzi mu gihe baguze ibigori bidahunguye.
MINICOM yasabye inzego z’ibanze kuba hafi y’abahinzi, bakabafasha kubahiriza igiciro cyashyizweho.
MINAGRI ivuga ko kuba Leta yarongereye ubuso buhingwa mu nzuri, bukava kuri 30% bukagera kuri 70%, hakaniyongeraho umwanzuro wafashwe wo guhinga ubutaka bwose ntihagire na bumwe burara, byatumye umusaruro uzikuba kabiri.
Byitezwe ko mu Rwanda hose hazaboneka umusaruro w’ibigori uri hagati ya toni ibihumbi 650 na 800, muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2024 A.
Mukamabano Ancille wo mu Karere ka Nyanza, avuga ko ubundi iyo ibigori byeraga wasangaga umusaruro wabyo ushira bawotsa, kuko abantu benshi babigurira mu murima bakajya kubiteka no kubyotsa bakabyungukamo.
Ati “Ubu ikigori kibisi twakigurishaga hagati ya 70Frw na 100Frw gusa, ubu rero byibura ubwo hashyizweho ibiciro by’ibigori byumye tugiye kureba uko tubibungabunga, ikindi cyiza ni uko ubu Koperative zibihinga na zo zizatanga umusaruro ku giciro kizwi, hatabayeho kumvikana hagati y’umuguzi n’ugurisha.
Post comments (0)