Inkuru Nyamukuru

Umuyobozi wa Polisi ya Somaliya yasuye Ishuri rikuru rya Polisi n’intara y’Iburengerazuba

todayJuly 14, 2022 108

Background
share close

Umuyobozi wa Polisi ya Somaliya (SPF), Maj Gen Abdi Abdi Hassan Mahamed uri mu ruzinduko mu Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Nyakanga, yasuye ishuri rikuru rya Polisi riherereye mu karere ka Musanze, asura n’icyicaro cya Polisi mu ntara y’Iburengerazuba mu karere ka Rubavu.

Ni muri gahunda y’uruzinduko agirira mu Rwanda ruzamara icyumweru rugamije gushimangira ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Somaliya.

Mu ishuri rikuru rya Polisi i Musanze, yakiriwe n’Umuyobozi w’iryo shuri; Commissioner of Police (CP) Rafiki Mujiji, asobanurirwa imiterere y’amasomo ahatangirwa.

Yagize ati:”Mu ishuri rikuru rya Polisi hatangirwa amasomo ahabwa ba Ofisiye bakuru n’abayobozi baturuka mu bihugu bitandukanye by’Afurika, amara umwaka bagahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’amahoro no guhosha amakimbirane. Hanatangirwa kandi Andi masomo yo ku rwego rw’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza n’amahugurwa atandukanye.”

Icyiciro cya 10 kiri gukurikira amasomo muri iri shuri kuri ubu, harimo ofisiye mukuru wa Polisi ya Somaliya akaba ari uwa gatandatu kuva aya masomo yatangira.

Maj Gen Abdi yagize ati:”Iri shuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda riri mu mashuri amaze gutera imbere kandi afite ibikoresho bihagije bifasha abanyeshuri gukurikira neza amasomo bahabwa rikaba ryakira abakora mu nzego zishinzwe kubahiriza amategeko ku mugabane.”

Mu butumwa yatanze amaze gusura icyicaro cya Polisi mu ntara y’Iburengerazuba aho yasobanuriwe ibikorwa bya Polisi mu ntara, yashimye uburyo Polisi y’u Rwanda ibungabunga umutekano, anashima ibikorwaremezo bifasha abapolisi mu kunoza inshingano zabo.

Yagize ati:” Icyicaro cya Polisi y’u Rwanda muri iyi ntara gifite ibikorwaremezo bigezweho mu gufasha abapolisi mu kazi kabo ka buri munsi, ibigendanye n’imibereho y’abapolisi nabyo ni ntamacyemwa bityo nta gushidikanya ko ari bimwe mu bibafasha kunoza akazi kabo ko gucunga umutekano w’abaturage.”

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Abajyanama mu bya gisirikare muri za Ambasade basobanuriwe ibikorwa bya RDF

Ku wa Gatatu tariki 13 Nyakanga 2022, Abajyanama bihariye mu bya gisirikare muri Ambasade z’ibihugu mu Rwanda (Defence Attaché), bahawe ikiganiro ku bijyanye n’ibikorwa by’umutekano by’Ingabo z’u Rwanda (RDF) cyabereye ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, ku Kimihurura, bagaragarizwa uruhare rwazo mu kubungabunga umutekano ku rwego mpuzamahanga. Abo bajyanama mu bya gisirikare muri za Ambasade z’ibihugu byabo, basobanuriwe ku mikorere ya RDF n’ibikorwa birimo uruhare rw’u Rwanda, haba mu bihugu […]

todayJuly 14, 2022 137

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%