Ucuruza agenzura neza ko ibikoresho by’amashanyarazi cyangwa iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe yifuza kugura byujuje ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge ya IEC 60950-1.
Ucuruza yandika amakuru y’ingenzi ajyanye n’igikoresho cy’amashanyarazi cyangwa icy’ikoranabuhanga cyakoreshejwe aguze ndetse n’icyo yagurishije, akayabika nibura mu gihe cy’imyaka ibiri (2) ari yo; icyiciro; izina ry’ikirango; izina ndangakigererezo ryo mu ruganda; inomero y’ubwoko; inomero ya seri cyangwa IMEI na International Mobile Equipment Identity Software Version (IMEI SV), hakurikijwe aho ibikoresho biri (aho bishoboka); ikindi kirango cyangwa imimerere igitandukanya n’ibindi, iyo bihari; ibisobanuro by’imikorere n’imikoreshereze y’igikoresho.
Mbere yo kugura igikoresho cy’ikoranabunga cyakoreshejwe, umuguzi arasabwa kubanza kugenzura niba icyo gicuruzwa ari icy’uwo mucuruzi mu buryo bwemewe n’amategeko ndetse akabika neza ibikiranga.
Nk’uko RICA ibivuga, abasanzwe mu bucuruzi bagomba kugeza mu kwezi k’Ukwakira baramaze guhuza ibicuruzwa byabo n’aya mabwiriza.
Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko aya mabwiriza azatuma habaho korohereza abagomba kureba ko ashyirwa mu bikorwa uko bikwiriye.
Yagize ati: “Nk’inzego zishinzwe kubahiriza amategeko, bizoroha gukurikirana abacuruzi bacuruza binyuranije n’amatetegeko kubera ko amabwiriza asaba ko ucuruza agomba kuba afite uruhushya, kubika inyandiko zibyo baguze n’ibyo bagurishije. Aya mabwiriza aje nk’intambwe nini yo kurwanya ubujura no kugurisha ibikoresho by’amashanyarazi n’iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe.”
Donald Trump wahoze ari prezida w'Amerika, ari mu rugendo rw'iminsi ibiri i Washington DC umurwa mukuru w'Amerika, aho azatanga imbwirwaruhame zitandukanye kuri politike mu nama yateguwe n’ikigo cyitiriwe imvugo ye “America First”. Bisobanura “Amerika mbere ya byose.” Ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, AP, Ijwi ry’Amerika rikesha iyo nkuru, ryatangaje ko ikigo, America First, cyaba kirimo gukorera ku migambi itandukanye itegurira Trump kwiyamamariza manda ya kabiri mu 2024. AP, ikomeza ivuga ko abajyanama […]
Post comments (0)