Minisitiri Dr Biruta, nyuma yo kwakirwa na Perezida Mnangagwa, hakurikiyeho umuhango wo gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye hagati ya Guverinoma z’ibihugu byombi.
Ayo masezerano agera kuri atatu akubiyemo ajyanye n’Ubwikorezi n’Iterambere ry’ibikorwa remezo, abinjira n’abasohoka, ndetse n’ubufatanye mu rwego rw’impanuka z’indege za gisivili n’iperereza ku bibazo bikomeye.
Mu masaha y’igicamunsi kandi Minisitiri Dr Biruta, yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Zimbabwe, Frederick M. M. Shava, bagirana ibiganiro byibanze ku kurushaho kunoza umubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu byombi.
U Rwanda na Zimbabwe hashize imyaka igera kuri ibiri bitangiye kubyaza umusaruro amahirwe aboneka mu bihugu byombi, nyuma yo kugirana amasezerano mpuzamahanga y’ubufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi ndetse n’ishoramari.
Ku wa Gatanu tariki 29 Nyakanga, ku ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda i Gishari mu akarere ka Rwamagana hasojwe amahugurwa y’iminsi itanu yahuzaga urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya no gukumira ibyaha. Ni amahugurwa yitabiriwe n’abagera kuri 306 baturutse mu turere twose tw’intara y’amajyepfo, yari afite insanganyamatsiko igira iti "Uruhare rw'Urubyiruko mu iterambere n’imibereho myiza y'abaturage." Umuhango wo gusoza aya mahugurwa wayobowe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda, Inspector General of […]
Post comments (0)